Abakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbeee muri CAF Confederation

Imikino - 28/08/2026 9:06 PM
Share:

Umwanditsi:

Abakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbeee muri CAF Confederation

Abakinnyi bashya b’ikipe ya Rayon Sports, Mohamed Ouattara, Sandja Bula na Elie Mukono Eldinho bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere wa CAF Confedaration Cup bitewe n’uko urwego rwabo rukiri hasi.

Ku wa Kane tariki ya 27 Kanama 2026 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe na Police FC kuri penariti 4-2 mu mukino wa ½ w’igikombe kiruta ibindi mu Rwanda ’FERWAFA Super Cup 2026. Muri uyu mukino ntabwo Gikundiro yakoresheje abakinnyi bayo batatu iheruka gusinyisha, Mohamed Ouattara, Sandja Bula na Elie Mukono Eldinho.

Nyuma y’umukino umutoza wa Rayon Sports Haringingo Francis ‘Christian’ yavuze ko bagiye muri uyu mukino banatekereza ku rugendo bafite ku wa Mbere rwerekeza muri Cameroun aho bazajya gukina na Panthère Sportive du Ndé mu ijonjora rya mbere rya CAF Confederation Cup 2026/27.

Ati: ”Twateguye nkuko dusanzwe dutegura ariko icyarimwe tunatekereza umukino dufite kuko ni umukino ukomeye cyane. Iyo dukomeza twari kuba dufite umukino ku Cyumweru tukagenda ku wa Mbere ntekereza ko nabyo twabirebye ariko ntekereza ko muri rusange umukino utari mubi”.

Ku bakinnyi bashya yavuze ko amahirwe menshi batazabakoresha kuri uyu mukino bijyanye nuko batiteguye mu bijyanye n’imbaraga z’umubiri.  Ati: ” Turacyareba ariko ntekereza ko amahirwe menshi tutazaba tubafite kuko ntabwo baraba abiteguye ku bijyanye n’imbaraga z’umubiri ngo bashobore gukina umukino nkuriya”.

Ntabwo ari ubwa mbere Rayon Sports igiye guhura na Panthère Sportive du Ndé kuko baheruka guhura mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup mu 2015.

Icyo gihe Rayon Sports yatsinze umukino ubanza wabereye i Douala ku gitego 1-0 cyatsinzwe na Léo Uwambajimana, mbere yo kongera gutsindira i Kigali igitego 1-0 cya Isaac Muganza.

Nikomeza izahura n'izakomeza hagati ya Atomic Ngomé yo mu birwa bya Comoros na Black Bulls yo muri Mozambique.

Mu mwaka ushizeRayon Sports yasezerewe mu ijonjora rya mbere rya CAF Confederation Cup ikuwemo na Singida Black Stars yo muri Tanzania ku giteranyo cy’ibitego 3-1.

Amakipe azaviramo mu majonjora y’aya marushanwa yombi azahabwa ibihumbi 100$ [146.361.500 Frw], yo kwita ku ngendo n’indi myiteguro y’irushanwa.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...