Abakinnyi ba APR FC mu isura nshya-AMAFOTO

Imikino - 15/10/2025 10:17 AM
Share:

Umwanditsi:

Abakinnyi ba APR FC mu isura nshya-AMAFOTO

Abakinnyi ba APR FC bagaragaye mu isura nshya aho bamwe mu bari bafite ‘Dreadlocks’ biyogoshesheje bazikuraho.

Abakinnyi b’ikipe y’Ingabo z’igihugu batari bari mu makipe y’igihugu bakomeje gukora imyitozo bitegura shampiyona nyuma yo gusezererwa muri CAF Champions League.

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga, APR FC yashyize hanze amafoto yaranze imyitozo gusa benshi batungurwa no kubona bamwe mu bakinnyi bari bafite ‘Dreadlocks’ bogoshe bazikuyeho. Abo barimo Niyigena Clement, Memel Dao na William Togui.

Bivugwa ko ngo ibi byabaye nyuma y’uko abayobozi ba APR FC babibasabye ndetse ko ngo nta mukinnyi uzongera kwemererwa gutunga imisatsi nk’iyi. Ibi bije nyuma y’uko iyi kipe iheruka guhagarika Mamadou Sy na Dauda Yussif mu gihe kinagna n’ukwezi kubera imyitwarire mibi.

APR FC izasubira mu kibuga ku Cyumweru saa Kumi n'ebyiri n’iminota 30 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino wo ku munsi wa kane wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025/2026. Kugeza ubu iri ku mwanya wa 11 n’amanota 3 ariko ifite imikino ibiri y’ibirarane.

Abakinnyi ba APR FC mu isura nshya

Memel Dao wari ufite ‘Dreadlocks’ nawe yazikuyeho

Niyigena Clement wari warashyizeho ‘Dreadlocks’ nawe yazikuyeho




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...