Mu myaka ishize, ubuyobozi bwa Arsenal bwashyigikiye cyane umutoza Mikel Arteta mu kongerera imbaraga ikipe, bugura abakinnyi benshi kugira ngo iyi kipe ishobore guhatanira igikombe cya Premier League yari imaze imyaka irenga 20 itegukana.
Icyakora, amafaranga yakoreshejwe mu mwaka w’imari ushize yageze kuri miliyoni £268, ibintu bishobora gutuma ubuyobozi bufata icyemezo cyo kugurisha bamwe mu bakinnyi bakomeye kugira ngo busubize mu buryo ibijyanye n’imikoreshereze y’imari.
Kapiteni wa Arsenal, Martin Ødegaard, ari mu bakinnyi bashobora kugurishwa. Amasezerano ye azaba asigaje imyaka ibiri umwaka w’imikino urangiye, bityo akaba afite agaciro gakomeye ku isoko ry’abakinnyi.
Abandi bakinnyi bashobora kugurishwa harimo: Gabriel Martinelli winjiye muri Arsenal mu 2019 aguzwe miliyoni £7 gusa, ubu akaba ashobora kugurishwa amafaranga menshi. Hari kandi Ben White waguzwe muri Brighton & Hove Albion ku giciro cya miliyoni £50.
Hari n’abandi bakinnyi bashobora kugurishwa bitewe n’uko amasezerano yabo ari hafi kurangira cyangwa kubera inyungu ikipe yabakuramo, barimo: Kai Havertz, Leandro Trossard na Gabriel Jesus.
Ikipe ishobora no kugurisha bamwe mu bakinnyi bakiri bato bakomoka mu ishuri ryayo ry’abana, kuko kubagurisha byafasha kuzamura imibare y’imari. Muri bo harimo: Myles Lewis-Skelly na Ethan Nwaneri.
Nk'uko tubicyesha ikinyamakuru Mirror, ibi byose bije nyuma y’uko Arsenal yakoresheje amafaranga menshi mu mpeshyi ishize, harimo miliyoni £67.5 yakoreshejwe ku mukinnyi Eberechi Eze ndetse na miliyoni £63.7 yakoreshejwe kuri rutahizamu Viktor Gyökeres.
Ikindi kandi, iyi kipe yamaze kwiyemeza gutanga miliyoni £45 kugira ngo igure burundu myugariro Piero Hincapié watijwe Arsenal avuye muri Bayer Leverkusen.
Kubera iyo mpamvu, ubuyobozi bwa Arsenal bushobora gufata ibyemezo bikomeye byo kugurisha bamwe mu bakinnyi b’ingenzi mu rwego rwo kuringaniza imikoreshereze y’imari, nubwo iyi kipe yaba igikomeje guhatanira igikombe cya shampiyona.
Arsenal ihagaze neza muri iyi minsi aho ihabwa amahirwe menshi yo gutwara Shampiyona y'u Bwongereza y'uyu mwaka dore ko iri ku mwanya wa mbere n'amanota 67 ikaba irusha amanota 7 Manchester City iyikurikiye ariyo yo ifite umukino w'ikirarane. Arsenal inahabwa amahirwe yo kwegukana Champions League 2026, nyuma y'uko umwaka ushize yageze muri 1/2 cy'iramgiza.

Martin Ødegaard ari mu bakinnyi ba Arsenal bashobora kugurishwa

Martinelli ashobora gutandukana na Arsenal mu mpeshyi y'uyu mwaka

Amakuru avuga ko Trossard nawe ashobora kuva muri Arsenal

Gabriel Jesus nawe arashyirwa mu majwi y'abashobora kuva muri Arsenal
