Aba ni abakinnyi bagiye
batuma ibintu bigoye bigaragara nk’ibyoroshye, bakoresheje ubuhanga bwo gutwara
umupira, kuwufata, gutambuka, gucenga no gukora ibintu bitangaje mu buryo busa
n’ubworoshye.
Nk’uko tubikesha GiveMeSport, uru rutonde rushingiye ku bintu birimo igihe umukinnyi yamaze ku rwego rwo hejuru, inshuro yagiye atanga ibihe bitangaje byashimishije abafana ndetse n’ubwiza bw’umukino we ugereranyije n’abakinnyi bo mu gihe cye.

15. Mesut Özil
Mesut Özil wakunzwe cyane muri Arsenal yari umwe mu bakinnyi bagaragazaga ubwiza bw’umupira binyuze mu gutanga imipira neza no kubona ahantu abandi batabonaga. Ubuhanga bwe bwo guhererekanya umupira no gutanga imipira yavamo ibitego bwatumaga umukino we ugaragara nk’uworoshye kandi usobanutse.

14. Lionel Messi
Lionel Messi igihangange cya ruhago na we ari muri uru rutonde kubera uburyo ashoboye gutwara umupira hafi y’amaguru ye, gucenga abamurwanya no gukora ibintu bikomeye mu buryo bworoshye. Nubwo afite umuvuduko n’ubuhanga bwo gutsinda ibitego, uburyo bwe bwo gukina bwagiye bugaragara cyane kubera ituze n’ubushobozi bwo kugenzura umupira.

13. Andrés Iniesta
Andrés Iniesta yari azwiho gukina mu buryo butuje kandi bufite ubwenge. Uburyo yatwaraga umupira, yahinduraga icyerekezo ndetse akanyura ahantu hafunganye hagati y’abakinnyi benshi bwatumaga agaragara nk’umukinnyi ufite ubuhanga budasanzwe.

12. Dennis Bergkamp
Dennis Bergkamp yari umuhanga cyane mu gufata umupira no kuwukoresha mu buryo bwiza. Gucenga kwe kwa mbere, guhindura umupira no kuwushyira ahantu heza byatumaga ibikorwa bigoye bigaragara nk’ibisanzwe.

11. Neymar
Neymar ni umwe mu bakinnyi bazwi cyane ku isi kubera ubuhanga bwo gucenga no gukoresha amayeri atandukanye. Yashoboraga gutera abamurwanya urujijo akoresheje amayeri yihuse, akagenda asa n’uri kubyina afite umupira ku maguru.

10. Dimitar Berbatov
Dimitar Berbatov yari
umukinnyi wakinaga nk’aho afite umuvuduko we bwite, mu gihe abandi bakinnyi
babaga biruka cyane. Yashoboraga kugaragara nk’aho agenda buhoro, ariko afite
ubushobozi budasanzwe bwo kugumana umupira no kuwukoresha neza.
Umunya-Bulgaria yari
afite uburyo budasanzwe bwo gufata umupira bwa mbere ndetse no gukora ibikorwa
bigoye asa n’aho nta mbaraga nyinshi yabishyizemo. Mu myaka yo hagati no ku
mpera za 2000, cyane cyane ubwo yakinaga muri Manchester United, yagaragazaga n’imwe
mu mico ubu ijyanye n’umukinnyi ukina nka ‘false nine’.
Umwe mu bihe byamuranze cyane ni igihe yakoze umuzenguruko udasanzwe hafi y’umurongo w’uruhande mu mukino wa West Ham United, mbere yo guha Cristiano Ronaldo umupira wari woroshye kuwushyira mu izamu.

9. Jay-Jay Okocha
Umunya-Nigeria Jay-Jay
Okocha ni umwe mu bakinnyi bagombaga kuba kuri uru rutonde. Ku bijyanye no
gushimisha abafana, bake ni bo bashobora kumurusha.
Ubuhanga bwe bwo gucenga,
gukoresha amayeri no gukora ibintu bitandukanye n’ibyari bitegerejwe byatumaga
abamurwanya basigara bamukurikirana batamufata. Yashoboraga gutwara umupira asa
n’aho wiziritse ku birenge bye.
Kimwe mu bikorwa bye byibukwa cyane ni igitego yatsinze Eintracht Frankfurt ubwo yacengaga abakinnyi benshi ndetse agasiga n’umunyezamu w’icyamamare Oliver Kahn mu rujijo, mbere yo gutuza agashyira umupira mu izamu.

8. Johan Cruyff
Johan Cruyff ni umwe mu
bakinnyi bagize uruhare rukomeye mu mateka y’umupira w’amaguru. Ni we wamamaje
cyane uburyo bwo guhindukira buzwi nka ‘Cruyff Turn’, ubu bukaba ari bumwe mu
buhanga buzwi cyane muri ruhago.
Mu bihe bibiri yakiniye
Ajax, yatwaye ibikombe umunani bya Eredivisie ndetse n’ibikombe bitanu by’u
Buholandi. Yanagize uruhare rukomeye mu gufasha Ajax gutwara European Cup
inshuro eshatu zikurikirana mu ntangiriro za 1970.
Cruyff ntiyari umuhanga mu gucenga gusa. Intego ye yari kuringaniza umubiri ndetse n’ituze igihe yabaga afite umupira byatumaga agaragara nk’umuhanzi uri ku kibuga. Yegukanye Ballon d’Or inshuro eshatu mu buzima bwe.

7. George Best
George Best yari afite
ubushobozi bwo guhuza umuvuduko, kwihuta no gucenga ku buryo yashoboraga guca
ku bakinnyi benshi asa n’uri kunyura hagati yabo nta ngorane.
Ikindi cyamugiraga
umwihariko ni uko yashoboraga gukoresha amaguru yombi mu gutera amashoti no
gutanga imipira. Ibi byatumaga abo bahanganye batamenya neza aho agiye kunyura.
Muri Manchester United, Best yabaye icyamamare kubera uburyo yababazaga ubwirinzi bw’amakipe bahanganye.

6. Garrincha
Garrincha yari umuhanga mu gucenga no guhindura icyerekezo mu buryo butunguranye, bigatuma ba myugariro bagorwa no kumufata. Nubwo yari afite ibibazo bikomeye by’umubiri, yakomeje kugaragaza ubuhanga budasanzwe bwo kugenzura umupira no guhanga ibidasanzwe, bituma aba umwe mu bakinnyi bakomeye mu mateka.

5. Pelé
Pelé, umwe mu bakinnyi
bakomeye cyane mu mateka y’umupira w’amaguru, aza ku mwanya wa gatanu.
Umunya-Brazil yari afite ubushobozi bwo gutwara umupira, gutanga imipira no
gutsinda ibitego mu buryo busa n’ubworoshye cyane.
Ntiyari akeneye gukoresha
amayeri menshi kugira ngo agaragare. Hafi ya buri gikorwa yakoraga cyabaga
gifite intego, ariko akagikora mu buryo bworoshye kandi butuje.
Kuba abakiri bato batabonye amashusho menshi y’ibyo yakoraga bishobora gutuma batumva neza ubuhanga bwe. Ariko ab’igihe cye bamubonye kenshi bavuga ko yari hejuru cyane y’abakinnyi benshi bakinaga muri icyo gihe.

4. Zinedine Zidane
Bake ni bo bashoboye
guhuza imbaraga n’ubwiza bw’umukino nka Zinedine Zidane. Uko yagenzuraga
umupira, uko yahindukaga ndetse n’ubuhanga bwe mu kuwufata, haba ku mupira uri
hasi cyangwa uri mu kirere, byari ku rwego rwo hejuru.
Nubwo atari umukinnyi
wakundaga cyane gukoresha amayeri yo kwiyerekana, Zidane yari afite ubushobozi
budasanzwe bwo gutuma umupira w’amaguru usa nk’aho ari ibintu byoroshye.
Yari umuhanga mu bice byinshi by’umukino, cyane cyane ahantu hafunganye aho yakoreshaga cyane uburyo bwe bwo guhindukira, buzwi nka ‘roulette’. Zidane kandi ari mu bakinnyi 11 gusa mu mateka begukanye Ballon d’Or, Champions League n’igikombe cy’isi.

3. Ronaldo Nazário
Ronaldo Nazário, uzwi nka
O Fenômeno, yari umukinnyi wihariye wahuzaga ubuhanga, tekiniki n’umuvuduko
ukomeye. Gucenga kwe ku muvuduko mwinshi, gukoresha amayeri no guhindura
icyerekezo byatumaga ba myugariro bagorwa no kumuhagarika.
Yakiniye Barcelona, Inter
Milan na Real Madrid, aho yagaragaje ubuhanga budasanzwe bwo gucenga no
gutsinda. Yagize uruhare mu guhindura imyumvire ku mwanya wa nimero icyenda,
ayihinduramo umwanya ushobora gukoreramo byinshi birenze gutegereza umupira mu
rubuga rw’amahina.
Nubwo imvune zamugizeho
ingaruka, Ronaldo yagumye kuba umwe mu bakinnyi badasanzwe mu mateka y’umupira
w’amaguru.

2. Diego Maradona
Diego Maradona
ntiyanyuraga ku bakinnyi bahanganye gusa, uburyo yabikoragamo wasangaga asa
n’uri kubabyinisha. Ntabwo yakeneraga gukoresha amayeri menshi nk’ay’abakinnyi
bo muri iki gihe, kuko yari afite umuvuduko utunguranye, kwihuta ndetse no
kugenzura umupira ku rwego rudasanzwe.
Benshi ntibakwibagirwa igitego cyiswe ‘Igitego cy’Ikinyejana’ yatsinze u Bwongereza mu Gikombe cy’Isi cya 1986, yagaragaje uburyo yashoboraga kunyura ku bakinnyi benshi asa n’aho nta mbaraga nyinshi abishyizemo, nubwo bamukoreraga amakosa menshi.

1. Ronaldinho
Ronaldinho ni we uza ku
mwanya wa mbere kuri uru rutonde kubera uburyo budasanzwe yahuzaga ibyishimo,
guhanga udushya n’ubwiza bw’umukino.
Gufata umupira bwa mbere,
amayeri, gucenga mu buryo butateganyijwe ndetse n’ubushobozi bwo gukora ibintu
bitangaje byagaragazaga umwuka w’umupira w’amaguru wo muri Brazil.
Yashoboraga gutuma
igikorwa kidasanzwe gisa n’igisanzwe. Yakoraga elastico, agateza umupira
hejuru y’umukinnyi, agatanga imipira atarebye ndetse akanaterera umupira hejuru
y’umunyezamu mu buryo butangaje.
Kuri Ronaldinho, akenshi
ikibazo nticyabaga ubushobozi bwo gukora ikintu gitangaje, ahubwo rimwe na
rimwe cyabaga ari ugufata umwanzuro ukwiye.
