Abakinnyi 10 beza Mikel Arteta yaguze muri Arsenal

Imikino - 01/08/2026 12:04 PM
Share:

Umwanditsi:

Abakinnyi 10 beza Mikel Arteta yaguze muri Arsenal

Mikel Arteta yamaze kwandika amateka muri Arsenal nyuma yo kuyihesha igikombe cya Premier League cya 2025/26, ahagarika imyaka 22 yari ishize iyi kipe idakora ku gikombe cya shampiyona y’u Bwongereza.

Uyu Munya-Espagne wasimbuye Unai Emery mu 2019 yahinduye isura ya Arsenal, ayigarura mu makipe akomeye ku mugabane w’u Burayi. Mu mwaka we wa mbere yegukanye FA Cup, ariko nyuma yaho yamaze imyaka 6 nta kindi gikombe gikomeye yegukana, ibintu byatumaga abanenga akazi ke bavuga ko atarageza Arsenal ku rwego rwifuzwa.

Gusa ibyo byahindutse ubwo yegukanaga Premier League, ndetse akanayigeza ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, nubwo yatsinzwe na Paris Saint-Germain kuri penaliti.

Nubwo Arsenal itaragira isoko rikomeye cyane muri iyi mpeshyi, ibikorwa Arteta yakoze ku isoko ry’abakinnyi kuva yagera i Londres byamaze kugaragaza ko afite ijisho rikomeye mu guhitamo abo yubakaho ikipe.

Nk’uko byatangajwe na Transfermarkt, uru ni urutonde rw’abakinnyi 10 beza Arteta yaguriye Arsenal neza kurusha abandi.


1. Declan Rice – 117 miliyoni z’Amayero

Ni we uza ku mwanya wa mbere mu baguzwe amafaranga menshi cyane. Rice yavuye muri West Ham United aza kuba umutima wo hagati mu kibuga cya Arsenal. Imbaraga, kwihangana, ubushobozi bwo gutwara umupira no kuyobora bagenzi be byatumye aba kimwe mu bice by’ingenzi byatumye Arsenal yegukana igikombe cya shampiyona.


2. Gabriel Magalhães – 26 miliyoni z’Amayero

Uyu-Munya-Brazil afatwa nk’igura ryatanze umusaruro urenze amafaranga ryatwaye. We na William Saliba bakoze ubufatanye bukomeye cyane hagati mu bwugarizi, bituma Arsenal iba imwe mu makipe afite ubwugarizi bukomeye kurusha andi mu Burayi.


3. David Raya – 32 Miliyoni z’Amayero

Arsenal yamubonye ku mafaranga make ugereranyije n’urwego rwe, kandi yegukanye Golden Gloves ya Premier League inshuro eshatu zikurikiranya. Uretse gufata imipira, ubuhanga bwe mu kurinda izamu bufatwa nk’ubwo ku rwego rwo hejuru.


4. Martin Ødegaard – 35 miliyoni z’Amayero

Arteta ni we wafashije Ødegaard kongera kuzamura urwego rwe nyuma yo kugorwa no kubona umwanya muri Real Madrid. Yaje no kugirwa kapiteni wa Arsenal, aba umwe mu bakinnyi bafite ubuhanga buhambaye mu gutanga imipira no kuyobora umukino.


5. Ben White – 59 miliyoni z’Amayero

Ubwo Arsenal yamuguraga hafi €60 miliyoni, benshi barabinenze. Ariko White yagaragaje ko ashobora gukina neza nka myugariro wo hagati cyangwa ku ruhande rw’iburyo, kandi uburyo akina n’umupira ku birenge bwahuzaga neza n’imikinire ya Arteta.


6. Leandro Trossard – 24 miliyoni z’Amayero

Ni rimwe mu igura ryabaye ryiza cyane ku giciro gito. Trossard ubu uri kubarizwa muri Besiktas yatanze umusanzu munini mu bitego no mu mipira yavuyemo ibitego, ndetse igitego cye cya nyuma ku mukino wa West Ham United mu mwaka ushize cyafashwe nk’icyafashije cyane Arsenal mu rugendo rwo gutwara igikombe.


7. Jurrien Timber – 40 miliyoni z’Amayero

Nubwo yatangiye nabi kubera imvune ikomeye, Timber yagarutse ku rwego rwo hejuru. Ubu afatwa nk’umwe mu bakinnyi beza ku ruhande rw’iburyo mu bwugarizi, kandi Arsenal igaragaza intege nke igihe adahari.


8. Kai Havertz – 75 miliyoni z’Amayero

Havertz akunzwe cyane n’abafana ba Arsenal kubera uburyo yitanga, nubwo imibare ye y’ibitego idasanzwe. Impano ye iragaragara, ariko imvune zakunze kumubangamira ni zo zatumye ataza mu mwanya ya mbere kuri uru rutonde.


9. Viktor Gyokeres – 67 miliyoni z’Amayero

Aracyari mushya ku buryo hakiri kare kumucira urubanza burundu. Gusa ibitego 21 yatsinze byari umusaruro mwiza, kandi yagize uruhare rugaragara mu gutuma Arsenal yegukana Premier League.


10. Riccardo Calafiori – 44 miliyoni z’Amayero

Calafiori yigaragaje cyane nka myugariro w’ibumoso, kandi ashobora no gukina hagati mu bwugarizi. Yerekanye ko amafaranga Arsenal yamutanzeho yari afite ishingiro, kandi ashobora kuzamuka kuri uru rutonde mu myaka iri imbere.

Icyo uru rutonde rwerekana

Nubwo hakoreshejwe miliyari 1 y’Amayero irenga, bigaragara ko Arteta atubakiye Arsenal ku igura rimwe rihenze gusa, ahubwo yavanze abakinnyi baguzwe amafaranga menshi nka Rice na Havertz n’ababonetse ku giciro gito ariko batanga umusaruro ukomeye nka Gabriel, Raya na Trossard.

Ni yo mpamvu benshi batangiye gufata Arteta nk’umwe mu batoza bafite ubushobozi bukomeye bwo kubaka ikipe iramba, kandi Arsenal isa n’iyiteguye gukomeza guhatanira ibikombe bikomeye mu Bwongereza no mu Burayi.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...