Abakinnyi 10 bakomeye bahagarariye Afurika mu gikombe cy’isi cya 2026

Imikino - 06/06/2026 4:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Abakinnyi 10 bakomeye bahagarariye Afurika mu gikombe cy’isi cya 2026

Hari abakinnyi batsinda ibitego byiza kandi byinshi, abandi bagakuramo imipira ikomeye, ariko hari n'abafite ubushobozi bwo guhindura amateka y'umugabane wose.

Ni iminsi ibarirwa ku ntoki isigaye gusa ngo inyenyeri z’Afurika zimurikire umugabane ndetse n’Isi yose mu gikombe cy’isi cya 2026. Igihe ni iki ngo zihindure amateka, inkuru ibe impamo nyuma y’imyaka 96. Twabateguriye inkuru y'abakinnyi 10 bakomeye bazaba bahanzwe amaso n'Isi yose muri iri rushanwa:

10. Logan Costa

Costa myugariro w’ikipe ya Villarreal yo muri Espagne, ni umwe mu bakinnyi bazahagararira igihugu gito ariko gikomeje gutungura benshi. Ni inkingi y’ubwugarizi bw’ikipe ya Cape Verde mu gikombe cy’isi cya 2026, kandi ni umukinnyi ufite inyota yo kwerekana ko ashoboye guhangana n’ibihangange.

9. Chancel Mbemba

Mbemba ni kapiteni w’ikipe y’igihugu ya DR Congo. Uyu mukinnyi ukinira Lille yo mu Bufaransa, ni inkingi y’ubwugarizi afite ubunararibonye mu makipe yo ku rwego rwo hejuru i Burayi, kandi ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kugarura Congo ku mu gikombe cy’isi cya 2026.

8. Antoine Semenyo


Semenyo ni umwe mu bakinnyi bakiri bato ariko bagaragaza impano ikomeye muri Premier League, aho yafashije Manchester City kwegukana FA Cup ku gitego yatsinze Chelsea. Amaze kugaragara inshuro 34 anatsinda ibitego 3 mu ikipe y’igihugu ya Ghana.

Afatwa nk’icyizere gishya cya Ghana muri iki gikombe cy’isi cya 2026, kubera umuvuduko, imbaraga no gutsinda ibitego bikomeye.

7. Jordan Ayew

Jordan Ayew ni umwe mu bakinnyi bamaze igihe kinini mu ikipe y’igihugu ya Ghana ndetse ayibereye kapiteni. Uyu rutahizamu akina muri Marseille yo mu Bufaransa, akaba yaranakiniye amakipe akomeye mu Burayi.

Yagize uruhare rukomeye mu majonjora y’igikombe cy’isi cya 2026, aho yagize uruhare rw’ibitego 14 muri iyi mikino. Ni umukinnyi w’inararibonye uzafasha ikipe y’igihugu ya Ghana mu rugendo rwayo mu gikombe cy’isi cya 2026.


6. Ronwen Williams


Nubwo abanyezamu batavugwa cyane ariko Ronwen Williams yakoze amateka muri AFCON ubwo yakuragamo penaliti nyinshi zafashije ikipe y’Afurika y'Epfo kugera kure.

Uyu munyezamu wa Bafana Bafana amaze imyaka myinshi ari inkingi ya mwamba y'ikipe y'igihugu ndetse yafashije benshi kongera kwizera ko Afurika y'Epfo ishobora kongera kuba imwe mu makipe akomeye ku mugabane.

5. Franck Kessié

Uyu mukinnyi wo hagati ukinira Al-Ahli ni umwe mu bakinnyi bakomeye Afurika ifite. Yamenyekanye cyane muri AC Milan mbere yo gukinira Barcelona, aho yegukanye ibikombe bitandukanye ndetse ayifasha kugaruka muri UEFA Champions League nyuma y’imyaka 8.  

Mu ikipe y’igihugu ya Côte d'Ivoire, Kessié ni umwe mu bakinnyi b'ingenzi mu rugendo rwo kwegukana igikombe cy’Afurika mu mwaka wa 2015 no mu wa 2023. Afite ubushobozi bwo kuyobora bagenzi be neza no gukina imikino ikomeye atikanga igitutu.

4. Riyad Mahrez


Riyad Mahrez ni umwe mu bakinnyi banditse amateka muri Premier League. Uyu myugariro w’AL-Ahli, yamenyekanye cyane ubwo yafashaga Leicester City gutwara shampiyona y'u Bwongereza mu 2016, imwe mu ntsinzi zatunguranye kurusha izindi mu mateka y'umupira w'amaguru.

Nyuma yaho yakomeje gutsindira ibikombe bitandukanye hamwe Manchester City harimo UEFA Champions League yo mu mwaka wa 2022 na Premier League 5. Ku rwego rw'igihugu, yafashije Algeria gutwara igikombe cy’Afurika cya 2019, ibintu byamushyize mu bakinnyi b'ibihe byose b'iki gihugu.

3. Sadio Mané


Ni umwe mu bakinnyi bake bashoboye guhindura amateka y'igihugu cyabo muri iki gikombe cy’isi cya 2026. Mu 2022 yafashije ikipe y’igihugu ya Senegal kwegukana igikombe cy’Afurika bwa mbere mu mateka yayo, ibintu byatumye afatwa nk'intwari muri iki gihugu.

Uretse ibyo, yegukanye UEFA Champions League, Premier League n'ibindi bikombe bikomeye muri Liverpool mbere yo gukomeza urugendo rwe mu y’andi makipe nk’Al Nassr.

2. Mohamed Salah


Iyo havuzwe umukinnyi wahinduye amateka y'umupira w’amaguru muri Afurika mu myaka icumi ishize, izina rya Mohamed Salah ntirishobora kubura.

Kapiteni wa Misiri yubatse izina rikomeye muri Liverpool aho yabaye umwe mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi mu mateka y'iyi kipe ndetse aba umwe mu banyafurika bafite ibigwi bikomeye muri Premier League.

Salah amaze gutsinda ibitego 20 mu majonjora y'igikombe cy'isi mu ikipe ya Misiri, ndetse yafashije igihugu cye gusubiza ku ikarita y'umupira mpuzamahanga.

Mu bihembo yatwaye harimo UEFA Champions League, Premier League ebyiri, igikombe cy’isi cy’ama club ndetse n’igihembo cy'umukinnyi mwiza muri Afurika inshuro 2.

1. Achraf Hakimi


Niba hari umukinnyi umwe Afurika izaba yiringiye cyane muri iki gikombe cy'isi cya 2026, ni Achraf Hakimi wa Morocco. Uyu myugariro wa Paris Saint-Germain yanditse amateka mu 2022 ubwo yafashaga ikipe y’igihugu ya Morocco kuba igihugu cya mbere cyo muri Afurika kigeze muri 1/2 cy'irangiza cy'igikombe cy'isi.

Hakimi amaze gutwara ibikombe bikomeye mu Bufaransa, u Budage no mu Butaliyani. Yafashije PSG gutwara Champions League zikurikiranya. Mu 2025 yabaye umunya-Morocco wa mbere ugeze ku mwanya wa gatandatu muri Ballon d'Or anatwara igihembo cy'umukinnyi mwiza wa Afurika. Kugeza ubu ari ku rutonde rwa bamyugariro beza Isi ifite.

Nubwo amakipe 10 y’Afurika yose azaba afite inyota yo kwandika amateka muri iki gikombe cy'isi cya 2026, aba bakinnyi ni bo batezweho guheka bagenzi babo ku bitugu. Imbaraga no guhangana gukomeye nibyo bizaragwa mu imikino izahuza aya makipe yo muri Afurika n’andi yo ku yindi migabane igize Isi.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...