Gusa ku rundi ruhande, bamwe imitima yabo yiberewe ku mpano z'abakomeje kwandika amateka no guserukira ibihugu byabo bakiri bato. Abakinnyi bakiri bato bamaze kwigaragaza mu makipe yabo ndetse no mu makipe y’ibihugu byabo, kugeza ubu bafatwa nk’inkingi ya mwamba muri iri rushanwa rikomeye kurusha andi yose mu mupira w’amaguru.
10. João Neves

Joao Neves ukinira Paris Saint-Germain ni umwe mu bakinnyi bo hagati bafite impano idasanzwe muri Portugal ku myaka 21 gusa. Mu nshuro 21 yagaragaye mu ikipe nkuru y’igihugu cya Portugal yatsinze ibitego 3.
Azwiho gukina umupira wihuta, guhatana no gukora akazi gakomeye hagati mu kibuga, ibintu bishobora gutuma aba umwe mu bazafasha Portugal kugera kure muri iri rushanwa.
9. Nico O'Reilly

Nico O'Reilly yavukiye i Manchester mu Bwongereza mu mwaka wa 2005. Uyu mukinnyi ukinira Manchester City, imwe mu makipe akomeye ku Isi ayobowe yatangiye gukinira ikipe nkuru y’igihugu y’u Bwongereza mu mwaka wa 2025.
Nubwo atarakina imikino myinshi mu ikipe nkuru y'u Bwongereza, amaze guhamagarwa mu makipe y'ibyiciro byose by’abakiri bato ndetse benshi bamubona nk'umwe mu bazinjira burundu mu ikipe nkuru nyuma y'igikombe cy'isi cya 2026.
8. Désiré Doué

Yavutse ku wa 3 Kamena 2005 i Angers mu Bufaransa. Uyu mukinnyi wa PSG ndetse umaze kwinjira mu ikipe nkuru y’igihugu y'u Bufaransa, kuva mu mwaka wa 2025 amaze kugaragaramo inshuro 6 n’ibitego 2.
Doué yigaragaje cyane muri UEFA Champions League ya 2025-2026 aho yafashije Paris Saint-Germain kwegukana iri rushanwa rwo mu Burayi. Désiré Doué ni umukinnyi benshi bemeza ko abaza inyenyeri y'igikombe cy'isi cya 2026.
7. Kobbie Mainoo

Kobbie Mainoo yavukiye i Stockport mu Bwongereza ku wa 19 Mata 2005. Akinira Manchester United, amaze gukinira ikipe nkuru y’u Bwongereza inshuro 12 kuva yatangira kuyikinira mu 2024.
Uyu mukinnyi wo hagati azwiho gutuza mu kibuga, kugumana umupira no gufata ibyemezo byiza mu bihe byo gufasha ikipe gutsinda ibitego. Mu myaka ibiri gusa amaze mu ikipe nkuru y’u Bwongereza, yigaruriye icyizere cy’abatoza n’abafana, ibintu bituma benshi bamuhanze amaso muri iri rushanwa.
6. Arda Güler

Arda Guler yavukiye muri Ankara yo muri Turukiya ku wa 25 Gashyantare 2005. Ni umukinnyi ukinira Real Madrid, yatangiye gukinira ikipe nkuru ya Turukiya mu mwaka wa 2022 afite imyaka 17 gusa, kuva ubwo amaze kuyikinira inshuro 28 n’ibitego 6.
Uyu mukinnyi wahawe igihembo cy’umukinnyi muto mwiza wa UEFA Champions League nyuma y’umwaka mwiza yagize muri iri rushanwa, ni umwe mu bakinnyi bashobora guhindura amateka ya Turukiya muri iki gikombe cy’isi cya 2026, cyane cyane ko iki gihugu cyongeye kwitabira iri rushanwa nyuma y’imyaka 24.
5. Warren Zaïre-Emery

Warren Zaïre-Emery yavukiye i Montreuil mu Bufaransa mu mwaka wa 2006. Uyu mukinnyi ukinira ikipe ya Paris Saint-Germain, yatangiye guhamagarwa mu ikipe nkuru y'u Bufaransa mu 2023, ndetse amaze gukina imikino irenga 10 n’igitego 1. Yabaye umwe mu bakinnyi bato cyane bakiniriye Les Bleus mu mateka y’iki gihe.
Mu myaka mike ishize, Zaïre-Emery amaze gukina imikino isaga 120 muri PSG, anatwara ibikombe byinshi bya Ligue 1. Azwiho guhuza ubwugarizi n'ubusatirizi, gutanga imipira myiza no gukora akazi gakomeye hagati mu kibuga.
4. Endrick

Endrick ni rutahizamu ukomoka muri Taguatinga muri Brésil, yavutse ku wa 21 Nyakanga 2006. Uyu mukinnyi ukinira Olympique Lyonnais nyuma yo kuva muri Real Madrid n’ikipe y’igihugu ya Brésil, amaze guhamagarwa inshuro 15 ndetse yatsinzemo ibitego 3.
Uyu mukinnyi afatwa nk’umusimbura ukomeye wa Neymar mu myaka iri imbere. Nubwo akiri muto, afite imbaraga, umuvuduko n’ubushobozi bwo gutsinda ibitego byiza kandi vuba.
Kuba yaratoranyijwe mu bakinnyi bato bagize ikipe ya Brésil izitabira igikombe cy’isi cya 2026 ni ikimenyetso cy’uko igihugu cye kimufitiye icyizere gikomeye.
3. Estevão Willian

Estevão Willian, benshi bita "Messinho", yavukiye i Franca muri São Paulo mu mwaka wa 2007. Uyu mukinnyi usatira anyuze ku mpande yavukiye muri Palmeiras, mbere yo kwerekeza muri Chelsea FC. Yatangiye guhamagarwa mu ikipe nkuru y’igihugu ya Brésil mu 2025 nyuma yo kwitwara neza muri shampiyona ya Brésil.
Mu mwaka wa 2024 yaciye agahigo ko kuba umwe mu bakinnyi bato batsinze kandi batanga imipira myinshi yavuyemo ibitego muri Série A ya Brésil.
2. Pau Cubarsí

Pau Cubarsi ni myugariro wa Barcelona wavukiye muri Girona muri Espagne mu mwaka wa 2007. Nubwo akiri muto cyane, amaze kuba umwe mu bakinnyi b’ingenzi mu bwugarizi bwa Barcelona no mu ikipe y’igihugu ya Espagne, aho amaze kuyikinira inshuro 11. Ubushobozi bwe bwo kuyobora umukino no kugarira bimugira myugariro ufite ejo hazaza heza ku Isi.
1. Lamine Yamal

Lamine Yamal yavutse ku wa 13 Nyakanga 2007 i Esplugues de Llobregat muri Espagne. Kuva akiri umwana muto yakiniraga ikipe y’igihugu y’abakiri bato, mu mwaka wa 2023 nibwo yatangiye guhamagarya mu ikipe nkuru y’igihugu cya Espagne, ku myaka ye 16 akina umukino wa mbere kugeza n’ubu aracyahamagarwa muri iyi kipe. Cyane ko amaze gukinamo inshuro 25 atsinda ibitego 6.
Uyu rutahizamu yamenyekanye cyane muri Euro 2024, aho yafashije Espagne kwegukana igikombe, ndetse kuva icyo gihe yakomeje kwitara neza kugeza ubwo abaye umwe mu bakinnyi b’ingenzi muri Barcelona akinira ubu ndetse no mu ikipe y’igihugu.
Ubuhanga bwe bwo gucenga, gutanga imipira ivamo ibitego no gutsinda ibitego byinshi bituma benshi bamufata nk’umwe mu nyenyeri y’iki gikombe cy’isi.
Igikombe cy’isi cya 2026 gishobora kuba urubuga rw’ihinduka rikomeye mu mupira w’amaguru. Mu gihe amazina nka Kylian Mbappe, Vinicius Junior na Jude Bellingham akomeje kwigaragaza, hari icyizere ko abakinnyi bakiri bato nka Lamine Yamal, Endrick, Kobbie Mainoo na Arda Güler bashobora kuba inyenyeri nshya zizamurikira Isi yose.
Nibazakomeza kwitwara neza nk’uko babigenje mu makipe yabo no mu makipe y’ibihugu byabo, ntabwo byaba bitangaje kubona umwe muri bo yegukana igihembo cy’umukinnyi mwiza ukiri muto cyangwa se akabera igihugu cye intwari muri iri rushanwa rizakurikirwa n’amaso arenga miliyari z’abafana ku Isi.
