Abakinnyi 10 ba Boxing bakize kurusha abandi mu mateka

Imikino - 27/07/2026 5:23 AM
Share:

Umwanditsi:

Abakinnyi 10 ba Boxing bakize kurusha abandi mu mateka

Boxing ni umwe mu mikino yinjiza amafaranga menshi ku Isi, cyane cyane ku bakinnyi bageze ku rwego rwo hejuru. Uretse amafaranga bakura mu mirwano, benshi bubatse umutungo ukomeye binyuze mu kwamamaza, ubucuruzi n'ishoramari. Dore urutonde rw'abateramakofe 10 bafite umutungo munini kurusha abandi mu mateka ya boxing.

10. Lennox Lewis – $140 miliyoni

Lennox Lewis aza kumwanya wacumi kuri uru rutonde n'umutungo wa miliyoni 140 z'amadolari. Uyu wahoze ari umwami wa heavyweight afatwa nk'umwe mu bateramakofe bakomeye mu mateka, ndetse amafaranga yinjije mu mwuga no mu bikorwa by'ubucuruzi yakomeje kumugira umwe mu bakize kurusha abandi.

9. Oleksandr Usyk – $140 miliyoni

Kizigenza ku isi Oleksandr Usyk amaze kuba umwe mu bakinnyi bafite amafaranga menshi muri boxing. Intsinzi yakuye kuri Anthony Joshua na Tyson Fury yazamuye izina rye ndetse n'amafaranga yinjiza.

8. Tyson Fury – $173 miliyoni

Tyson Fury ni umwe mu bateramakofe bafite amazina akomeye muri iki gihe. Imirwano yahuje na Deontay Wilder, Oleksandr Usyk na Francis Ngannou yamwinjirije amafaranga menshi cyane, bituma umutungo we ugera kuri miliyoni 173 z'amadolari.

7. Oscar De La Hoya – $200 miliyoni

Oscar De La Hoya, uzwi nka "The Golden Boy", yanditse amateka muri boxing mbere yo gushinga ikigo cya Golden Boy Promotions. Uretse amafaranga yinjije akina, ubuyobozi bw'icyo kigo bwatumye umutungo we ukomeza kwiyongera.

6. Jake Paul – $200 miliyoni

Nubwo yinjiye muri boxing avuye ku mbuga nkoranyambaga, Jake Paul amaze kubaka umutungo wa miliyoni $200. Amafaranga akura mu mirwano, YouTube n'ubucuruzi bwe yamugize umwe mu bakinnyi binjiza amafaranga menshi kurusha benshi bafite amateka maremare muri uyu mukino.

5. Anthony Joshua – $204 miliyoni

Anthony Joshua akomeje kuba umwe mu bateramakofe bahembwa cyane ku Isi. Imirwano yahuje na Oleksandr Usyk, Francis Ngannou, Andy Ruiz Jr. n'andi mazina akomeye yamwinjirije amafaranga menshi, yiyongera ku masezerano akomeye yo kwamamaza.

4. Manny Pacquiao – $220 miliyoni

Manny Pacquiao ni we mukinnyi rukumbi wegukanye ibikombe by'isi mu byiciro umunani bitandukanye. Uretse amafaranga yinjije muri boxing, yaninjiye muri politiki ndetse akomeza gukora ishoramari ritandukanye ryatumye umutungo we ugera kuri miliyoni 220 z'amadolari.

3. George Foreman – $300 miliyoni

George Foreman ntabwo yamenyekanye muri boxing gusa, ahubwo yanabaye umwe mu banyabucuruzi batsinze cyane. Uretse ibikombe yatwaye mu cyiciro cya heavyweight, umutungo we wazamutse cyane nyuma yo gukora ubucuruzi bwa George Foreman Grill, bwamwinjirije amamiliyoni y'amadolari.

2. Canelo Alvarez – $300 miliyoni

Umunya-Mexico Saul "Canelo" Alvarez afite umutungo wa miliyoni 300 z'amadolari. Yabaye champion w'isi mu byiciro bine bitandukanye, ndetse amasezerano ye akomeye n'amarushanwa yo muri Saudi Arabia yakomeje kumushyira mu bakinnyi bahembwa cyane muri boxing.

1. Floyd Mayweather Jr. – $400 miliyoni

Floyd "Money" Mayweather ni we uyoboye uru rutonde n'umutungo ubarirwa muri miliyoni 400 z'amadolari. Yasoje umwuga we adatsinzwe (50-0), atsinda ibyamamare nka Manny Pacquiao, Canelo Alvarez na Conor McGregor. Azwi nk'umwe mu bakinnyi bagize amafaranga menshi kurusha abandi kubera uburyo yateguraga amasezerano y'imirwano ye.

Aya mazina agaragaza ko boxing itakiri umukino wo guhatanira ibikombe gusa, ahubwo yahindutse isoko rikomeye ry'ubukungu. Abenshi muri aba bateramakofe bubatse umutungo wabo binyuze mu mirwano ikomeye, amasezerano yo kwamamaza ndetse n'ubucuruzi, bituma baba bamwe mu bakinnyi ba siporo bakize kurusha abandi ku Isi.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...