Polisi yavuze ko abo bakekwa baturutse mu Mujyi wa Mexico ku wa 19 Kamena, bakoze urugendo rwa kilometero zisaga 900 berekeza i Monterrey. Nyuma y'iminsi itanu, ku wa 24 Kamena, bahise batabwa muri yombi.
Ibi byabaye mu gihe amakipe atandukanye yakiniraga i Monterrey. Ikipe y'u Buyapani yakinnye umukino wayo wo mu Itsinda F na Tunisia ku wa 20 Kamena, naho Koreya y'Epfo ikina umukino wa nyuma wo mu Itsinda A na Afurika y'Epfo ku wa 24 Kamena.
Polisi yatangaje ko ibintu byose byari byibwe abafana byamaze kuboneka kandi byasubijwe ba nyirabyo. Umuyobozi wa Polisi y'Umujyi wa Monterrey, Eduardo Sanchez Quiroz, yavuze ko iki gikorwa ari ubutumwa bukomeye ku bagizi ba nabi.
Yagize ati: "Turashaka kwereka abantu bose ko abagizi nabi bagomba kumenya neza ko Monterrey ifite uburyo bugezweho bwo kubacunga, harimo ikoranabuhanga, camera z'umutekano n'abapolisi bafite ubushobozi.
Uwakora icyaha mu gihe cy'Igikombe cy'Isi cyangwa na nyuma yacyo, tuzamushakisha kugeza tumufashe."
Polisi yongeyeho ko igihe abo bantu bafatwaga, basanganwe udupfunyika 17 bikekwa ko twari turimo urumogi.
