Abahinde batuye mu Rwanda bahuriye mu iserukiramuco rya Fair India in Rwanda

Amakuru ku Rwanda - 24/03/2026 12:34 PM
Share:

Umwanditsi:

Abahinde batuye mu Rwanda bahuriye mu iserukiramuco rya Fair India in Rwanda

Abahinde batuye mu Rwanda bahuriye mu imurikabikorwa ryari rigamije kwereka Abanyarwanda n’abandi banyamahanga batuye mu gihugu ibyiza bigize umuco wabo, imirimo bakora n’uburyo bakomeje gutanga umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’Abahinde benshi batuye mu Rwanda, abikorera, abayobozi mu nzego zitandukanye ndetse n’abandi bashakaga kumenya byinshi ku muco n’imibereho y’Abahinde.

Byabaye ku wa 22 Werurwe 2026 muri Camp Kigali aho muri Leta 28 zigize u Buhinde, 15 muri zo zamuritse imico itandukanye yazo binyuze mu mbyino, indyo, imigenzo yabo n’ibindi bitandukanye.

Mu byamuritswe harimo imyambaro ya gakondo, ibiribwa by’umuco w’u Buhinde, imbyino n’indirimbo gakondo, byose bigamije kugaragaza ubukire bw’umuco w’Abahinde no gutuma abasura iri murikabikorwa barushaho kuwumenya no kuwishimira.

Ambasaderi w’u Buhinde mu Rwanda, Mridu Pawan Das, wari witabiriye iki gikorwa, yavuze ko ari umwanya mwiza wo kumenyekanisha umuco w’igihugu cye no gukomeza gutsura umubano hagati y’u Buhinde n’u Rwanda.

Yagize ati: “Intego y’iri murikabikorwa ni ukugira ngo tugaragarize Abanyarwanda n’abandi baba mu Rwanda umuco wacu, ibikorwa byacu n’uburyo dukorana n’abandi mu guteza imbere umubano n’ubucuruzi.”

Yakomeje ashimangira ko Abahinde baba mu Rwanda bagira uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu, cyane cyane mu rwego rw’ubucuruzi n’ishoramari, bityo ko ibikorwa nk’ibi bifasha gukomeza guteza imbere umubano mwiza n’ubufatanye hagati y’abaturage b’ibihugu byombi.

Abitabiriye iri murikabikorwa babonye umwanya wo gusura ibicuruzwa bitandukanye byamurikwaga, gusangira ibiribwa gakondo by’Abahinde ndetse no kwidagadura binyuze mu mbyino n’indirimbo byagaragazaga umuco w’u Buhinde.

Iri murikabikorwa ryagaragaje ko guhuza abantu baturuka mu mico itandukanye ari imwe mu nzira zifasha guteza imbere kumenyana, gusangira umuco no kongerera imbaraga ubufatanye mu mibereho n’ubukungu hagati y’ibihugu.

Ambasaderi w'u Buhinde mu Rwanda, Mridu Pawan Das, yavuze ko intego y'iri murikabikorwa ari ukwereka Abanyarwanda imico itandukanye y'u Buhinde

Leta zitandukanye zo mu Buhinde zerekanye ibyo kurya byaho, imico yaho, imbyino,...


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...