Abahanzi batatu bahize abandi muri MTN Iwacu Muzika Festival i Ngoma - VIDEO

Imyidagaduro - 29/06/2026 4:04 AM
Share:

Umwanditsi:

Abahanzi batatu bahize abandi muri MTN Iwacu Muzika Festival i Ngoma - VIDEO

Hari ibitaramo birangira abafana bagataha bavuga indirimbo bakunze kurusha izindi. Hari n'ibindi birangira havugwa uburyo abahanzi bitwaye ku rubyiniro, imbaraga bakoresheje n'uburyo bahuje n'ababakurikiranaga.

Ni ko byagenze mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival 2026 cyabereye mu Karere ka Ngoma ku wa Gatandatu tariki ya 27 Kamena 2026.

Nubwo abahanzi umunani bose bazamukiye ku rubyiniro batanze ibyishimo, abasesenguzi batandukanye b'umuziki bahurije ku mazina atatu bavuga ko ari yo yatanze 'performance' yihariye kurusha abandi.

Mu kiganiro na InyaRwanda, abanyamakuru bakurikirana umuziki imyaka myinshi barimo Karemera wa Radio Rwanda, Danny Rururema na Neza Valens Vava wa B&B FM Kigali, bose bahurije ku bintu bitangaje: nta muntu n'umwe washyize ku mwanya wa mbere undi utari Chriss Eazy, mu gihe Kenny Sol yabaye uwa kabiri, naho Bushali aza ku mwanya wa gatatu.

Icyo bahurizaho ni uko aba bahanzi batatu batatanze indirimbo gusa, ahubwo batanze igitaramo nyacyo.

Bushali: Umuraperi wahinduye isura y'urubyiniro

Mu myaka ishize, Bushali yakunze kuvugwaho kuba umwe mu bahanzi bafite abafana b'indahemuka. Ariko i Ngoma yongeye kugaragaza ko iyo ageze ku rubyiniro, hari ikintu gihinduka.

Karemera wa Radio Rwanda yavuze ko Bushali ari we wamushyize ku mwanya wa gatatu kubera uburyo yigaruriye urubyiniro kuva ku ndirimbo ya mbere kugeza ku ya nyuma.

Yagize ati: "Iyo ageze ku rubyiniro ibintu birahinduka. Ibyo yakoze ntekereza ko ari inshuro nyinshi aririmbye muri iri serukiramuco, kandi ntekereza ko byatewe n'indirimbo yaririmbye, yari yahisemo."

Kuri Karemera, Bushali yabonye amanota 7/10, agaragaza ko nubwo hari abamurushije, yari mu bahanzi batatu bakomeye kurusha abandi muri icyo gitaramo.

Danny Rururema nawe ntiyigeze atandukana n'iki gitekerezo. Avuga ko Bushali yakoze kimwe mu bitaramo bye byiza, cyane cyane bitewe n'uburyo yubatse gahunda ye ku rubyiniro.

Yagaragaje ko umuraperi yaririmbye indirimbo 11, ibintu bitari byoroshye, ariko buri ndirimbo ikakira neza mu bafana.

Ati “Bushali yagaragaje: guhuza n'abafana; kwitwara neza ku rubyiniro; guhitamo neza urutonde rw'indirimbo.

Na Neza Valens Vava wa B&B FM Kigali yavuze ko kimwe mu byamutunguye ari imbaraga Bushali yakoresheje.

Yanashimye uburyo yongeye kugaruka ku rubyiniro nyuma agafatanya na Davis D kuririmba "Bermuda", ibintu byarushijeho kongera ibyishimo mu bafana.


Kenny Sol: Umuziki wizewe, ijwi rituje n'ubunyamwuga bwigaragaza

Niba hari umuhanzi wakomeje gushimwa n'abasesenguzi kubera uburyo akora ibintu asa n'utekanye ariko bikagera ku mutima w'abafana, ni Kenny Sol.

Karemera yavuze ko yamushyize ku mwanya wa kabiri kubera ubuhanga bwe bwo guhuza ubumenyi n'impano. Ati "Bigendanye n'uko iyo uri gukora ibintu wize byoroha, noneho wakongeramo impano bihita biba ibidasanzwe."

Yakomeje avuga ko Kenny Sol yamwemeje kuva yatangira kugeza asoje. Ati: "Yagiye ku rubyiniro aranyemeza rwose. Bigendana n'indirimbo yaririmbye, kandi indirimbo ze zirakunzwe. Yaririmbye indirimbo za hano mu cyaro cyangwa se zisanganywa na buri wese, abantu baramwumva."

Karemera yamuhaye amanota 8/10, agaragaza ko yari hafi cyane y'umwanya wa mbere.

Danny Rururema nawe yemeza ko Kenny Sol yakoze igitaramo gikomeye.

Nubwo yaririmbye indirimbo zirindwi gusa, yavuze ko uburyo yazikurikiranyije bwatumye igitaramo cye kirushaho kuryohera abafana.

By'umwihariko, indirimbo "Igitangaza" yavuze ko yazamuye amarangamutima y'abafana, naho asoza na "Haje Gushya", ibintu byatumye asoza abantu bagifite ubushake bwo gukomeza kumureba.

Na Neza Valens Vava asanga Kenny Sol ari umwe mu bahanzi bakomeje kwerekana ko ubuhanga bwo kuririmba ‘live’ n'uburyo bwo kuganiriza abafana ari kimwe mu bimugira umuhanzi udasanzwe.


Chriss Eazy: Ysoje igitaramo asiga abafana batarashira inyota

Mu gihe Bushali na Kenny Sol bashimwe cyane, hari izina rimwe ritigeze rivugwaho impaka hagati y'abasesenguzi bose. Ni Chriss Eazy.

Uyu muhanzi ni we wasoje igitaramo cya Ngoma, kandi uko bigaragara, gusoza ntabwo byari amahirwe gusa, ahubwo yanabigaragarije ku rubyiniro.

Karemera yavuze ko nta gushidikanya kuri we.

Ati "Wabyanga wabyemera arakunzwe, ni umuntu watoranyijwe n'abafana. Niko byagenda kose, iyo agiye ku rubyiniro biramworohera. Ntabwo avunika, ijambo ku rindi aririmbana n'abafana."

Uyu munyamakuru yamuhaye amanota 9/10, ari yo manota menshi yatanze muri iri sesengura.

Danny Rururema nawe yavuze ko Chriss Eazy yerekanye imbaraga zidasanzwe.

Yashimangiye ko ataririmbye indirimbo nyinshi gusa, ahubwo ko hafi ya zose abafana baziririmbanye nawe kuva zitangiye kugeza zirangiye.

Ku ruhande rwa Neza Valens Vava, yavuze ko icyo yashimye cyane ari urwego rwa ‘performance’ ya Chriss Eazy.

Ati "Performance ye iri ku rwego rwo hejuru cyane. Yakoresheje imbaraga nyinshi, ariko kandi abantu bamwakiriye mu buryo butunguranye."

Mu yandi magambo, Chriss Eazy ntiyasoje igitaramo gusa, ahubwo yasize yerekanye impamvu ari umwe mu bahanzi bafite indirimbo zikunzwe cyane muri iki gihe.


Iyo abasesenguzi bahuriza ku mazina amwe, haba hari ubutumwa

Mu muziki, ibitekerezo ntibihora bisa. Hari igihe umuhanzi ushimwa n'umuntu umwe atashimwa n'undi bitewe n'uburyo buri wese asesengura.

Ariko ku gitaramo cya Ngoma, ibintu byagenze mu buryo budasanzwe.

Abasesenguzi batatu batandukanye, bakomoka mu bitangazamakuru bitandukanye kandi bafite uburambe mu gukurikirana imyidagaduro, bose bahurije ku rutonde rumwe:

Chriss Eazy ku mwanya wa mbere;

Kenny Sol ku mwanya wa kabiri;

Bushali ku mwanya wa gatatu.

Ibi bigaragaza ko aba bahanzi batatu batashimishije abafana gusa, ahubwo bananyuze abakurikiranira hafi ubuhanzi, bareba ibintu birenze gukundwa kw'indirimbo.

Iserukiramuco rigikomeje kuzenguruka igihugu

MTN Iwacu Muzika Festival 2026 iracyakomeje urugendo rwayo mu mijyi irindwi y'u Rwanda, aho izasozwa ku wa 1 Kanama 2026.

Iri serukiramuco ritegurwa na East African Promoters (EAP) ku bufatanye na MTN Rwanda, rikaba rimaze kuba kimwe mu bitaramo bikomeye byegereza Abanyarwanda abahanzi bakunzwe hirya no hino mu gihugu.

Uyu mwaka ryahurije hamwe Ross Kana, Amalon, Kivumbi King, Marina, Davis D, Bushali, Kenny Sol na Chriss Eazy.

Byongeye kandi, buri mujyi ukomeza guhabwa umwihariko wo kwakira umwe mu bahanzi batwaye irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS), hakanahabwa umwanya abahanzi bo mu turere n'abahanzi bafite ubumuga, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere impano nyarwanda.

Nubwo urugendo rwa MTN Iwacu Muzika Festival rugikomeje, igitaramo cya Ngoma cyasize ubutumwa bukomeye: kuri uyu munsi, mu maso y'abasesenguzi batandukanye, Chriss Eazy, Kenny Sol na Bushali ni bo batanze 'performance' yasigaye ivugisha benshi.








Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...