Esther Niyifasha na Kenny Mirasano mu baserukiye u Rwanda mu Budage mu iserukiramuco

Imyidagaduro - 12/05/2026 10:51 AM
Share:

Umwanditsi:

Esther Niyifasha na Kenny Mirasano mu baserukiye u Rwanda mu Budage mu iserukiramuco

Abahanzi bane bo mu Rwanda barimo umukirigitananga Esther Niyifasha, Kenny Mirasano, Kaya Byinshi ndetse na Neema Rehema, bari mu Budage aho bitabiriye iserukiramuco mpuzamahanga ryahuje urubyiruko rw’abahanzi baturutse mu bihugu bitandukanye ku Isi.

Ni ibikorwa byatangiye kuva tariki 27 Mata 2026, bikaba biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2026 ari bwo aba bahanzi bagaruka mu Rwanda nyuma y’iminsi bari bamaze muri iki gihugu cy’u Budage.

Iri serukiramuco ryahuje urubyiruko rw’abahanzi bo mu bihugu birimo Finland, Poland, u Rwanda, u Budage n’ibindi, hagamijwe kwimakaza amahoro n’ubwiyunge binyuze mu muziki ndetse no gusangizanya umuco wa buri gihugu.

Ryabereye mu Mujyi wa Bremen City Shot mu Budage, aho aba bahanzi bakoze ibikorwa bitandukanye birimo amahugurwa, ibiganiro ndetse no guhanga indirimbo zifite ubutumwa bw’amahoro.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Esther Niyifasha yavuze ko uru rugendo rwari urw’amasomo n’ubusabane hagati y’abahanzi bo mu bihugu bitandukanye, ariko rukaba rwaribanze cyane ku gukoresha umuziki nk’intwaro yo kubaka amahoro.

Yagize ati: “Navuga ko rwari urugendo shuri, ariko habayeho no kuduhugura mu bijyanye n’umuziki nk’intego ya ‘Make Music Not War’. Ni ibiganiro bijyanye no kubungabunga amahoro no kurwanya intambara dukoresheje umuziki nk’abahanzi. Twize uburyo twakora umuziki ugatanga ubutumwa bw’amahoro ku Isi.”

Uyu mukirigitananga yavuze kandi ko batumiwe muri iki gikorwa banyuze muri L’Espace, ikigo gisanzwe gifasha abahanzi mu Rwanda mu bikorwa bitandukanye birimo gutunganya ibitaramo no gushyigikira imishinga y’abahanzi.

Iri serukiramuco ryiswe “Make Music. Not War”, ritegurwa hagamijwe guhuza urubyiruko rw’abahanzi bakomoka mu bice byagiye bigirwaho ingaruka n’amakimbirane cyangwa intambara, kugira ngo bahurire hamwe bakoreshe impano zabo mu gutanga ubutumwa bw’amahoro n’icyizere.

Abitabiriye iki gikorwa ntibakora nk’amatsinda y’ibihugu byabo gusa, ahubwo bashyirwa mu matsinda mashya y’umuziki arimo Pop, Rock, Jazz ndetse na World Music.

Bafatanyiriza hamwe guhanga indirimbo nshya zivuga ku mahoro, ubucuti n’ubwiyunge, ndetse bakongera gukora mu buryo bushya indirimbo z’umuco za buri gihugu.

Binyuze mu mahugurwa n’ibiganiro bya buri munsi, aba bahanzi baganiriye ku mateka y’amakimbirane, kubaka ubwiyunge ndetse no gukoresha ubuhanzi nk’uburyo bwo guhindura Isi binyuze mu butumwa bwiza.

Abategura iri serukiramuco bavuga ko kuva mu 2015, “Make Music. Not War” ryabaye umuyoboro uhuza urubyiruko rw’abahanzi baturuka mu bihugu bitandukanye, bagahurira ku ndimi z’umuziki nk’uburyo bwo kubaka amahoro arambye no guteza imbere ubucuti hagati y’abaturage bo ku Isi.


Esther Niyifasha, Kenny Mirasano na bagenzi babo baserukiye u Rwanda mu Budage, bifatanya n’urubyiruko rw’abahanzi bo ku Isi mu gukoresha umuziki nk’ikiraro cy’amahoro n’ubwiyunge


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...