Abagabo: Dore ingaruka zo kubaka umubiri ukoresheje ibinini

Ubuzima - 18/10/2022 8:06 AM
Share:
Abagabo: Dore ingaruka zo kubaka umubiri ukoresheje ibinini

Kubaka umubiri ni byiza ariko kuwubaka ukoresheje ibinini byanakwica. Hari ubundi buryo ushobora gukoresha ukubaka umubiri wawe ariko udakoresheje ibinini.

Kurya neza, guterura ibiremereye cyangwa gukora indi myitozo ngorora mubiri nabwo mu buryo bwiza, bishobora kugufasha kongera umubiri wawe ariko kurya ibinini byo bisiga ingaruka nyinshi cyane.

Ahari iyo uhagararanye n’abantu bamaze kubaka umubiri ukabona urananutse wibaza icyaha wakoze kikakuyobera. Yego birashoboka ariko ntabwo byaba byiza uramutse wishoboye mu nzira mbi. Ntabwo kugira umubiri utandukanye n’uwo wavukanye ari inzozi ukwiriye gushyira imbere.

Benshi mu bibaza ibyo bibazo bibi twavuze haruguru, bituma bagana inzira zaremwe n’abantu (Artificial way) kugira ngo bongere ingano y’imisemburo ya Hormone ifasha mu kongera no gukuza imitsi kugira ngobagaragare nk’ibihangange.

Buri wese agirwa inama yo gukoresha uburyo karemano twavuze aho kwishobora mu miti itandukanye yamaze kugezwa ku isoko kugeza ubu. Benshi bagiye bahura n’ingaruka zabyo, gusa uwazigize ntabwo abibwira mugenzi we ari nayo mpamvu benshi babifata nk’ibyiza.

Bamwe mu basore bakoresha iyi miti ntabwo baba bayikeneye uretse ko baba bashaka kuba nka kanaka. Iyi miti iba ifite ubushobozi bwo kubangamira 'hormone' zisanzwe mu mubiri. Itera ingaruka zidahita zigaragara ako kanya na cyane ko yangiza ibice byinshi by’umubiri birimo n’umwijima.

Nufata indorerwamo ukireba, uzashimishwa n’uko hari uko uteye neza, ariko uzaba wirengagije ko umubiri wawe uri kwangirika mu bicyo wowe utabasha kubona. Umusatsi wawe uzatangira guhinduka.


Inkomoko: Operanews


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...