Abagabo: Dore ibyiza byo kunywa amazi mbere yo gutera akabariro

- 22/05/2022 10:05 PM
Share:
Abagabo: Dore ibyiza byo kunywa amazi mbere yo gutera akabariro

Ese wari uziko kunywa amazi ari ikintu cyoroshye ariko gifasha mu gihe cyo gutera akabariro? Burya amazi yagufasha no mu gihe kirekire.

Amazi ni meza ubusanzwe, ariko agira umumaro mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina by’umwihariko ku bagabo.

DORE AKAMARO K’AMAZI YAFASHWE MBERE YO GUTERA AKABARIRO

1. Amazi agufasha kugira ububobere bw’igitsina cyawe (Pre cum)

Ububobere bw’igitsina cy’umugabo ni utuntu dusa n’amazi tuza ku gitsina cy’umugabo mbere y’igikorwa nyirizina, cyangwa hagati mu gikorwa. Ibi bifasha mu gikorwa cyo gutera akabariro. Kunywa amazi ni ingenzi cyane.

2. Amazi agufasha kuzamura ibyiyumviro byawe mu gihe uri mu gikorwa.

Kugira ibyiyumviro bihagije mbere y’igikorwa no mu gikorwa nyirizina, bizanwa n’uko akenshi ugiye kuyikora abanza kunywa amazi. Iyo utakoresheje amazi mbere y’akabariro byangiza imisemburo ya kigabo, bikaba byatuma ugira ibyiyumviro bidahagije. Umugabo aba asabwa kunywa byibura uturahure 8 kugeza ku 10 ubusanzwe.

3. Amazi afasha umubiri gukora neza.

Kujya kwihagarika nyuma yo gutera akabariro, ni intambwe nziza cyane yo kwitaho kugira ngo umugabo agire ubuzima bwiza.

Mu gihe cyo gutera akabariro, hari bacteria umugabo yakira ziba zaturutse muri Urethra. Iyo umugabo yanyoye amazi rero mbere y’imibonano, azafasha mu gikorwa cyo gusohora izo bacteria hanze, mu gihe agiye kwihagarika.

4. Bituma uhora wumva umeze neza.

Niba uri kumva nta mazi ufite mu mubiri, bizangiza byinshi harimo no kubijyanye n’akabariro. Kudafata amazi ahagije, bigabanya uburyo wateragamo akabariro.

5. Amazi yongera umubare w’intanga.

Umuntu unywa amazi make, nawe umubiri we nta bushobozi buhagije uba ufite bwo gukora intanga.

Inkomoko: Medicalnewstoday.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...