Kuri uyu wa Gatatu saa Cyenda kuri Stade y’Akarere ka Muhanga ikipe ya AS Muhanga yari yakiriye Rayon Sports mu mukino wo ku munsi wa 30 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025/2026.
Uyu mukino warangiye AS Muhanga itsinze ibitego 1-0 cya Twizeyimana Martin Fabrice kuri kufura.
Nyuma y’umukino, abafana ba Rayon Sports bagaragaje agahinda bashinja abakinnyi babo ubunebwe. Bavuze ko basuzuguye AS Muhanga dore ko batumva ukuntu batsindwa nayo kandi baherukaga kunganya na APR FC.
Hari uwavuze ko mu bakinnyi iyi kipe ifite abakwiye kuyigumamo mu mwaka utaha w’imikino ari Kwizera Olivier na Ndayishimiye Richard bonyine.
Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis ubwo yari abajijwe kuri ibi abafana batangaje bashinja abafana gusuzugura AS Muhanga yagize ati: ”Umupira ntabwo ukunda agasuzuguro, ntekereza ko umukino ni umukino .
Ubu urabona ko ikipe ya nyuma ishobora gutsinda. Ikipe irimo irarwana no kutamanuka nizo kipe ziba zigoye gukina nazo kuko ziza zije gupfa no gukira.”
Kugeza ubu Rayon Sports iri ku mwanya wa 4 ku rutonde rwa shampiyona ikaba irushwa amanota 8 na APR FC iri ku mwanya wa mbere.
Shampiyona izakomeza Ejo aho Al Merrikh izakira Etincelles FC Saa Cyenda naho APR FC yakire Al Hilal Saa kumi Nebyiri n’iminota 30 kuri Kigali Pele Stadium.
