Abadepite bagaragaje ko Ghetto Kids yaserutse neza mu mwanya w’ikipe yari guserukira Uganda mu gikombe cy’Isi

Imyidagaduro - 21/08/2026 4:19 PM
Share:

Umwanditsi:

Abadepite bagaragaje ko Ghetto Kids yaserutse neza mu mwanya w’ikipe yari guserukira Uganda mu gikombe cy’Isi

Itsinda ry’abana b’ababyinnyi bo muri Uganda rizwi nka Ghetto Kids ryashimiwe bikomeye n’ubuyobozi bw’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, nyuma yo kwandika amateka rihagararariye Uganda ku rubyiniro rw’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Jacob Oboth-Oboth, yavuze ko Ghetto Kids yabaye isura ya Uganda ku rwego mpuzamahanga, cyane ko yakoze ibitarashoboye gukorwa n’ikipe y’igihugu itarabashije gukina Igikombe cy’Isi.

Ibi byatangajwe ubwo Oboth yavugaga ku rugendo rw’iri tsinda mu Nteko Ishinga Amategeko ku wa Kane, ashimangira ko abana bakomoka mu gace ka Katwe, kamenyerewe nk’ahatuwe n’abaturage bafite amikoro make muri Kampala, bagaragaje ko impano y’umwana w’Umunyafurika ishobora kumugeza ku rubyiniro rukomeye ku Isi.

Ghetto Kids yahawe umwanya wo kwerekana ubuhanga bwayo mu birori byo gusoza Igikombe cy’Isi cya 2026, byabereye kuri MetLife Stadium i East Rutherford muri New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ni igitaramo cy’amateka kuko aba bana basangiye urubyiniro n’ibyamamare bikomeye ku Isi barimo Shakira wo muri Colombia na Burna Boy wo muri Nigeria.

Aba bahanzi ndetse na Ghetto Kids bahuriye ku ndirimbo ‘Dai Dai’, imwe mu ndirimbo zakoreshejwe mu birori by’igikombe cy’Isi. Uruhare rwa Ghetto Kids muri iki gitaramo rwabaye indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwabo rwo kuva mu buzima bwo ku mihanda ya Katwe bakagera ku rubyiniro mpuzamahanga.

Mu ijambo rye imbere y’Abadepite, Oboth yavuze ko Ghetto Kids ikwiye gufatwa nk’abambasaderi ba Uganda kubera uburyo imaze kumenyekanisha igihugu binyuze mu mpano zayo.

Yagaragaje ko nubwo ikipe y’igihugu ya Uganda itari mu makipe yitabiriye Igikombe cy’Isi, igihugu cyahagarariwe binyuze muri aba bana.

Ati: “Ndabasobanura nk’abambasaderi ba Uganda. Iyo bamurika, Uganda iramurika. Nubwo Uganda ititabiriye Igikombe cy’Isi, binyuze muri Ghetto Kids Uganda yari ihagarariwe kuri urwo rwego mpuzamahanga.”

Oboth kandi yashimye urugendo rw’aba bana, avuga ko kuba baravuye mu gace ka Katwe bakagera ku rubyiniro rw’igitaramo gikomeye nka FIFA World Cup Final ari ishema ku gihugu.

Yavuze ko urugendo rwabo rugaragaza ko aho umuntu akomoka cyangwa ibibazo yanyuzemo bidakwiye kumubera imipaka yo kugera ku nzozi ze.

Ghetto Kids yatangiye ibikorwa byayo muri Katwe, Kampala, iyoborwa na Dauda Kavuma binyuze muri Inspire Ghetto Kids Foundation.

Iri tsinda ryakoresheje imbyino nk’uburyo bwo guha abana bafite ubuzima bugoye amahirwe yo kwiga, kwiteza imbere no kugaragaza impano zabo.

Mu 2017 ni bwo Ghetto Kids yatangiye kumenyekana cyane ku rwego mpuzamahanga, ubwo yagaragaraga mu mashusho y’indirimbo ‘Unforgettable’ ya French Montana, amashusho yayo akagira umubare munini w’abayarebye ku mbuga nkoranyambaga.

Nyuma yaho, aba bana bakomeje kuzenguruka ku ruhando mpuzamahanga, kugeza ubwo mu 2023 bitabiriye irushanwa Britain’s Got Talent.

Muri iryo rushanwa, umucamanza Bruno Tonioli yabahaye Golden Buzzer, bituma bahita babona itike yo kujya mu byiciro byo ku rwego rwa nyuma. Banageze ku mukino wa nyuma w’iryo rushanwa.

Igikombe cy’Isi cyabaye indi ntambwe

Ghetto Kids yari isanzwe ifite aho ihuriye n’ibirori by’Igikombe cy’Isi, kuko mu 2022 yagiye muri Qatar mu bikorwa byari bifitanye isano n’iryo rushanwa.

Ariko kugaragara mu gitaramo cyo hagati mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 byabaye intambwe ikomeye kurushaho.

Ni ukuvuga ko aba bana batakiri itsinda rizwi gusa muri Uganda cyangwa muri Afurika y’Iburasirazuba, ahubwo bamaze kuba bamwe mu banyempano bafite ubushobozi bwo gusangira urubyiniro n’abahanzi bakomeye ku Isi.

Kuri Uganda, ibi byanabaye uburyo bwo gukomeza kugaragaza igihugu ku ruhando mpuzamahanga binyuze mu myidagaduro, mu gihe ikipe y’igihugu yo itari mu makipe yitabiriye iryo rushanwa.

‘Aho utangirira si ho urangirira’

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Joel Ssenyonyi, na we yashimiye Ghetto Kids, avuga ko urugendo rwabo rukwiye kuba isomo ku rubyiruko ruhura n’ibibazo bitandukanye.

Yagaragaje ko amateka yabo yerekana ko ibibazo umuntu ahura na byo mu ntangiriro z’ubuzima bidakwiye kumubuza kugera ku ntego.

Ati: “Ghetto Kids ni gihamya ko aho utangirira atari ho hagena aho urangirira. Bahinduye ububabare intego, urugamba baruhindura intsinzi.”

Ssenyonyi yasabye ko urubyiruko rukora mu by’ubuhanzi n’imyidagaduro rwakomeza gushyigikirwa, by’umwihariko n’abikorera, kugira ngo impano z’abana benshi zidapfa ubusa.

Ubwo aba bana bashimirwaga mu Nteko Ishinga Amategeko, Abadepite babahaye amashyi menshi bahagaze, mu rwego rwo kubashimira ku byo bagezeho.

Oboth yasabye Minisiteri ishinzwe Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ndetse na Minisiteri ya Siporo gukorana na Ghetto Kids mu guteza imbere impano z’abana no gufasha urubyiruko kubona amahirwe yo gukoresha impano zarwo.

Ku rundi ruhande, Ssenyonyi yashimangiye ko urwego rw’abikorera na rwo rukwiye kugira uruhare mu guteza imbere ubuhanzi n’inganda ndangamuco.

Inkuru ya Ghetto Kids ni imwe mu ngero zigaragaza uburyo impano ishobora guhindura ubuzima bw’umwana, cyane cyane iyo ihujwe n’uburere, amahirwe n’abantu bemera ko ashoboye.

Kuva mu mihanda ya Katwe kugeza kuri MetLife Stadium, imbere y’amaso y’abarebaga Igikombe cy’Isi ku Isi yose, aba bana berekanye ko umwana ashobora gutangirira ahantu hasa n’aho inzozi zidashoboka, ariko akagera ku rubyiniro abantu benshi bifuza kugeraho.

Oboth yasoje asaba Uganda gukomeza gushora imbaraga mu mpano z’urubyiruko, avuga ko impano y’igihugu ishobora kuvuka ahantu aho ari ho hose.

Ati: “Ibi ni byo Uganda ishoboye. Dushyigikire abana bacu, kuko Ambasaderi utaha ashobora kuba ari kuvuka mu mpande zose z’iki gihugu.”


Itsinda rya Ghetto Kids ryashimiwe bikomeye n’ubuyobozi bw’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, bavuga ko bahagarariye neza Igihugu nk’uko byari kugenda iyo ikipe y’igihugu ya Uganda yitabira Igikombe cy’Isi




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...