Aaron Tunga i Burundi mu kanama nkemurampaka mu marushanwa ya PRIMUSIC-AMAFOTO

- 30/06/2014 9:35 AM
Share:

Umwanditsi:

Aaron Tunga i Burundi mu kanama nkemurampaka mu marushanwa ya PRIMUSIC-AMAFOTO

Kuri uyu wa Gatandatu ushize tariki ya 27 Kamena 2014,i Burundi mu Ntara ya Kayanza hatangijwe ku mugaragaro irushanwa rya PRIMUSIC 2014 ritegurwa n’uruganda rwaho rwa Brarundi, rikazenguruka igihugu cyose. Irushanwa umuntu yagereranya nka Primus Guma Guma Super Star hano mu Rwanda n’ubwo hari aho bigiye bitandukanira mo gato.

NJHD

Abakunzi b'umuziki mu Ntara ya Kayanza bari baje kwihera ijisho iki gitaramo cy'abahanzi biyumvamo impano

N’ubwo kuri uwo munsi wo gutangiza ku mugaragaro iri rushanwa, Aaron Tunga atabashije kuhagaragara, uyu mugabo nyuma yo kuba yari umwe mu bakemuramaka bagaragaye mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star III, kuri ubu ni umwe mu bazaba bagize akanama nkemurampaka muri aya marushanwa, bikaba byitezwe ko muri iki Cyumweru agomba kuba yageze i Burundi.

ase

Amir , Nganji Arnaud  na Alida( Aba nibo bari bagize akanama nkemurampaka)

Nk’uko amakuru aturuka i Burundi dukesha urubuga rwa Afrifame.bi abivuga, Aaron Tunga yiyongereye muri aka kanama nkemurampaka asimbuye Mudibu utarabashije kuboneka, akazaba afatanya na Alida BARANYIZIGIYE hamwe na  NGANJI Arnaud bo banatangiye imirimo yabo kuva kuri uyu wa Gatandatu.

Kimwe nko mu Rwanda, bimwe mu byo aka kanama nkemurampaka gashyize imbere mu gutanga amanota ku bahanzi, ni uburyo umuhanzi yitwara ku rubyiniro, ubutumwa buri mu ndirimbo n’uburyo abafana bakiriye indirimbo.

asd

Aba nibo bahanzi 10 babashije guhatanira imyanya ibiri ya mbere mu Ntara ya Kayanza

Abagera kuri 42 nibo bari biyandikishije mu Ntara ya Kayanza gusa 10 nibo baje kwemererwa kwitabira iri rushanwa haza gutoranywamo babiri ba mbere bahize abandi aribo GIRUKWISHAKA Boniface hamwe  na  IRAKOZE Bruce, aba bombi akaba aribo bazakomeza mu Cyiciro kizakurikira.

azsde

Aba basore babiri nibo bahize abandi. Bruce(i bumoso) nyuma yo gukomeza ari uwa kabiri ibyishimo byaramurenze araturika ararira

Tubibutse ko ari ku nshuro ya Gatatu iri rushanwa itegurwa mu Burundi aho ku nshuro yaryo ya mbere ryegukanywe na Raly Joe, umwaka ushize ryegukanwa na Matabaro Patient. Umuhanzi Big Farious niwe ambasaderi w’iri rushanwa kuri iyi nshuro, aho azagenda azengurukana mu Ntara zitandukanye n’iri rushanwa  asusurutsa abantu ari kumwe na Sat B na Matabaro Patient.

Andi mafoto y'umunsi wa mbere wo gutangiza Primusic

asde

Big Farious yari amaze iminsi ku mugabane w'u Burayi ariko ubu nawe yamaze kugera i Burundi, nyuma yo gusinyana na Primusic gukorana nka ambasaderi wayo

bags

Sat B ukunzwe cyane i Burundi nawe yari yabukereye. Ni umwe mu bahanzi bazakomeza kugenda basusurutsa ibi bitaramo

bxhgat

Yoya na Sat B mu ndirimbo yabo 'Arabesha'

nxy

Patient Matabaro(Wanegukanye iri rushanwa umwaka ushize) ku rubyiniro hamwe n'itsinda rye ry'ababyinnyi rizwi ku izina rya Best crew

abshgs

Bamwe mu bayobozi ba Primusic

nabsh

Iki kimodoka nicyo kiba gitwaye urubyiniro(stage) ya rutura ibi bitaramo biberaho

aswe

Abafana bakurikiranye igitaramo

asew

Icupa rinini rya Primus ari nayo itegura aya marushanwa binyuze mu ruganda rwa Brarundi

asxz

Abashinzwe umutekano nabo baba bakurikiraniye hafi uko umutekano uhagaze

nbgx

Abanyonzi nabo bari bahagaritse imirimo yabo baza gukurikirana iki gitaramo

Nizeyimana Selemani


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...