Ni
umuhango wabereye ku i Rebero mu Mujyi wa Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa
Kabiri tariki 3 Gashyantare 2026.
InyaRwanda
yamenye amakuru y’uko aba bombi banitegura gusezerana imbere y’amategeko ya
Repubulika y’u Rwanda.
Ubwo
yerekanaga uyu mukobwa ku nshuro ya mbere, 5K Etienne yanditse ku mbuga
nkoranyambaga ze agaragaza ko yahinduye byinshi mu buzima bwe.
Yavuze
ko amukunda byimazeyo, atarinze gusiganwa n’undi muntu, ko buri munota w’umunsi
awumarira mu rukundo no kumwitegereza, anasaba Imana ko iminota yagenda gahoro
kugira ngo abashe kumarana igihe kinini n’uwo akunda.
Ati: “Kugutekereza bituma ntagoheka, kukurota bigatuma mbona nsinziriye, kuba ndi
kumwe nawe bituma nkomeza kubaho. Uri mwiza kandi uberewe no gukundwa nanjye,
njye wahisemo kugukunda ntasiganwa, nkagukunda byuzuye, umunsi ugira amasaha 24
kandi buri saha igira iminota 60.”
Yakomeje
agira ati: "Rero buri munota ngukunda cyane kuko buri saha yose igera
nyitegereje, wenda bishoboka najya nsaba Imana ngira nti Mana mfasha iyiminota
igende gahoro kugirango mbashe gukundwakaza umwiza wanjye. Mukundwa uratekanye
uri kumwe nanjye. Ndarahiye ko nta kindi nakwiyumvamo kirenze uko ngukunda ubu,
ariko nzi neza ko ejo nzagukunda kurushaho."
Ni
ubwa mbere 5K Etienne agaragaje mu ruhame umukunzi nyuma y’imyaka irenga
itandatu ari mu rugendo rwo gususurutsa abantu binyuze mu rwenya.
Uyu
musore aherutse gusoza amasomo y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s
Degree) muri Mount Kenya University.
Yasoje
mu ishami rya Business and ICT, aho yari amaze imyaka itatu akurikirana amasomo
ye. Mu gusoza, yamuritse umushinga yise "Player Injury and Medical
Assistance Linkage -A Case Study of Rwanda Premier League", igamije
gufasha mu gukurikirana amakuru ajyanye n’imvune z’abakinnyi b’umupira
w’amaguru mu Rwanda.

5K ETienne yatunguye umukunzi we Josiane amwambika impeta y'urukundo amuteguza kurushinga nk'umugabo n'umugore



5K Etienne n'umukunzi we Josiane ku munsi udasanzwe mu buzima bwabo nyuma yo gutangira Paji nshya mu mubano wabo

5K Etienne n'umukunzi we bari kwitegura gusezerana imbere y'amategeko nyuma y'igihe kinini bari mu munyenga w'urukundo
AMAFOTO: Dream Hills Studio
