Ibi yabigarutseho nyuma y’umukino wo ku munsi wa 33
wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025/2026 Rayon Sports
yatsinzemo Bugesera FC ibitego 2-0. Haringingo
yavuze ko uyu wari umukino ugoye gusa ibintu bateguye bikaba byagenze neza.
Ati: ”Ni umukino wari ugoye kuri twebwe kandi Bugesera
FC ni ikipe igora Rayon Sports, ntekereza ko ni ikipe imaze kuyitesha ibikombe
kenshi n’uyu munsi wabonye ko umukino utari woroshye. Navuga ko ibintu
twateguye byagenze neza kuko twashoboye gutsinda umukino”.
Yavuze ko nyuma y’uko umunyezamu Kwizera Olivier
agaragaje agahinda bitewe na penariti yarase ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro
cya 2026 byasabye ko bamuganiriza.
Ati: ”Twaramuganirije tumwereka ko mu mupira bibaho, yari yateye penariti nziza ariko ntiyashobora kwinjira. Kuri penariti amahirwe
abaho, ni umuntu twaganirije muri iyi minsi kugira ngo yongere gusubira mu mwuka
kandi mu mukino w’uyu munsi mwabonye ko yakinnye umukino ameze neza.
Ni umukinnyi mukuru byabaye ngombwa ko nawe amenya
ko ategetswe kwemera ibyabaye ku wa Gatandatu agashobora guhesha ikipe itike mu
marushanwa Nyafurika”.
Yavuze ko umukino uzasoza shampiyona ari umukino
uzabatwara imbaraga nyinshi bitewe n’intego zawo avuga ko ibyo kuba
yarayitozaga mu minsi yashize bishobora gutuma uzamworohera atari byo.
Rayon Sports izasoza shampiyona ikina na Kiyovu
Sports ku wa Gatanu saa Moya kuri Kigali Pele Stadium aho isabwa gutsinda
cyangwa kunganya kugira ngo ikatishe itike yo kuzahagararira u Rwanda muri CAF
Confederation Cup.
