Uganda: Minisitiri yavuze ko nta cyaha Bobi Wine yakoze, yamagana ibitero ku rugo rwe

Imyidagaduro - 10/02/2026 9:37 AM
Share:

Umwanditsi:

 Uganda: Minisitiri yavuze ko nta cyaha Bobi Wine yakoze, yamagana ibitero ku rugo rwe

Minisitiri Ushinzwe itangazamakuru muri Uganda akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Chris Baryomunsi, yamaganye igitero cya gisirikare cyagabwe ku rugo rw’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Bobi Wine, mu kwezi gushize, avuga ko ari igikorwa kitakwihanganirwa kandi kinyuranyije n’amategeko.


Mu kiganiro yahaye ibiro ntaramakuru Reuters, Baryomunsi yavuze ko Bobi Wine, wamamaye mu muziki mbere yo kwinjira muri politiki, nta cyaha na kimwe yakoze kandi ko afite uburenganzira busesuye bwo gusubira mu rugo rwe igihe abishakiye.

Bobi Wine amaze ibyumweru ari mu bwihisho, nyuma yo kuva iwe mu murwa mukuru Kampala, amasaha make mbere y’uko atangazwa nk’uwabaye uwa kabiri mu matora ya Perezida yabaye ku wa 15 Mutarama, yatsinzwe na Perezida Yoweri Museveni, umaze imyaka irenga 40 ku butegetsi.

Ku wa 24 Mutarama, Bobi Wine yatangaje ko umugore we yajyanywe mu bitaro, nyuma y’uko abasirikare bateye urugo rwabo, avuga ko yakorewe ihohotera, aho bamwe bamwambuye igice cy’imyambaro ye ndetse bakamufata mu muhogo.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, akaba n’umuhungu wa Perezida Museveni, yabanje guhakana ayo makuru, avuga ko nta musirikare wagiriye nabi umugore wa Bobi Wine. Icyakora, nyuma yaje gutangaza ku rubuga rwa X ko bari bamufashe by’igihe gito bakaza kumurekura.

Minisitiri Baryomunsi yavuze ko Guverinoma igiye gukora iperereza kuri iki kibazo, ashimangira ko imyitwarire mibi yaba yarakozwe n’abasirikare idashobora kwihanganirwa.

Baryomunsi yabwiye Reuters ati “Ntidushyigikiye na gato imyitwarire mibi ikozwe n’ingabo cyangwa inzego z’umutekano. Gutera urugo rw’umuntu, kurwangiza, gukorera ihohotera umugore we cyangwa undi wese, ni ikosa rikomeye,”

Yirinze gutangaza niba abasirikare bazahamwa n’ibyaha bazahanwa cyangwa se bazafatirwa ibindi byemezo.

Ku rundi ruhande, umuvugizi w’ishyaka National Unity Platform (NUP) rya Bobi Wine ntiyigeze asubiza telefoni cyangwa ubutumwa yashakishijweho ngo agire icyo atangaza.

Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko igisirikare kirimo gushakisha Bobi Wine, uvuga ko amatora yabayemo uburiganya. Nubwo bimeze bityo, ntiyigeze atangaza icyaha aregwa cyangwa impamvu nyakuri atumye ashakishwa.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamaze igihe bashinja Guverinoma ya Museveni gukoresha igisirikare mu guhonyora abatavuga rumwe na yo, ibirego Guverinoma ikomeza guhakana.

Minisitiri Baryomunsi yanavuze ko Uganda idateganya gukura ingabo zayo muri Somalia, aho ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwo kurwanya imitwe y’iterabwoba, ahakana amagambo aherutse gutangazwa na Gen Muhoozi wavugaga ko bashobora kuzikurayo kubera ikibazo cy’amafaranga.

Yongeyeho ko amagambo Gen Muhoozi akunze gutangaza ku mbuga nkoranyambaga akwiye gufatwa nk’ayisanzuye, atagaragaza umurongo wa Leta.

Baryomunsi yasobanuye ati “Ibyo atangaza ni amagambo asanzwe, ntabwo ahagarariye politiki ya Leta cyangwa ibyemezo bya Guverinoma,”

Gen Muhoozi azwiho gutangaza amagambo akakaye ku mbuga nkoranyambaga, aho yigeze no gutera ubwoba Bobi Wine, ndetse akavuga ko igisirikare cyishe abarenga 30 bashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi, amagambo yakunze no gusiba nyuma.

Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, uyoboye ishyaka National Unity Platform (NUP), ubwo yari kumwe n’umugore we Barbara Kyagulanyi, nyuma yo gutanga ikiganiro n’abanyamakuru, aho bitegura kuva mu rugo rwabo i Magere bagana ku biro by’amatora mu mujyi wa Kasangati hafi ya Kampala, Uganda, ku wa 15 Mutarama 2026


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...