Tonzi
yahawe iyi mpamyabumenyi na Gate Breakers University ifite icyicaro i Kampala
muri Uganda. Ibirori byo kumushyikiriza impamyabumenyi, hamwe n’abandi barangije
muri iyi kaminuza, byabaye ku wa Gatandatu tariki 30 Kanama 2025, i Kigali, mu
nyubako ya Ligue Pour La Lecture de La Bible ku Kacyiru.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Tonzi yavuze ko iki ari kimwe mu bikorwa
bikomeye agezeho buzima bwe, kuko kwiga amasomo ya Theology byari inzozi ze za
kera.
Yagize
ati: “Ndishimye cyane kuko rwari urugendo rutoroshye, kwiga mbivanga n’izindi
nshingano. Ndashima Imana yanshoboje gusoza icyiciro cya gatatu cya Kaminuza
muri Theology. Nahoraga mbifite mu nzozi, none mbigezeho. Ni ishimwe rikomeye
cyane.”
Uyu
mubyeyi wamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Humura’, yavuze ko mu rugendo rw’imyaka yari
amaze ku ntebe y’ishuri yungutse byinshi bizamufasha mu buzima bwe bwa buri
munsi no mu murimo akora wo gufasha abantu mu buryo bw’umwuka.
Ati:
“Nize byinshi kandi nungutse byinshi cyane bizamfasha mu rugendo rw’ubuzima,
ndetse no gutanga umusanzu mu gufasha abandi kugira imyumvire ikomoka ku Mana
yo soko y’ubuzima bwiza n’urukundo.”
Tonzi
yashimye byimazeyo ubuyobozi bwa Kaminuza, abarimu, ndetse n’abanyeshuri
biganye, avuga ko bose bamubereye umusemburo w’intsinzi.
Yashimiye
kandi umuryango we wamufashije muri uru rugendo, inshuti ze za hafi, abo
bakorana bya buri munsi, ndetse anagaruka no ku bandi bose bamugeneye impano
zitandukanye.
Ati:
“Umuryango wanjye wambaye hafi, inshuti zanjye n’abakoranaga nanjye umunsi ku
munsi, bose bambaye hafi. La Benediction Shop banyambitse neza ku munsi wanjye
wa Graduation, n’abandi bose banyitayeho. Imana ibahe umugisha.”
Tonzi
aherutse gushyira ku isoko igitabo cye cya mbere ‘An Open Jail’, ndetse ari
kwitegura gushyira ku isoko Album ye ya cumi.
Theology
ni ishami rya kaminuza ryiga ibintu bijyanye n’Imana, ukwemera n’imyemerere ya
muntu. Muri rusange bigamo: Amateka y’Idini n’Itorero.
Isesengura
ry’Isezerano rya Kera n’Isezerano Rishya. Ibisobanuro by’amahame y’ukwemera.
Ibibazo birebana n’Imana, umuntu n’isi. Uburyo imico n’imyifatire ihuzwa
n’inyigisho z’Idini.
Uburyo
bwo kuyobora amatorero, gusenga, kwigisha no kwamamaza ubutumwa bwiza. Bitewe
n’aho umuntu yiga, Theology ishobora no kwibanda ku mibanire y’idini
n’imibereho rusange (politiki, umuco, imibereho myiza n’ubutabera).
Tonzi
yishimira intambwe ikomeye yagezeho nyuma yo guhabwa Impamyabumenyi ya Master’s
muri Theology
Umuhanzikazi
Tonzi mu byishimo ku munsi ashyikirizwaho impamyabumenyi ya Master’s
Tonzi
ashimira Imana yamushoboje gusoza urugendo rutoroshye rw’amasomo ya kaminuza
y’icyiciro cya gatatu
Tonzi
afashe ifoto y’urwibutso n’impamyabumenyi ya Master’s yahawe na Gate Breakers
University
Umubyeyi
w’indirimbo “Humura”, Tonzi, mu birori byo guhabwa Master’s byabereye i Kigali
Tonzi
yashimye umuryango we n’abandi bamushyigikiye mu rugndo rwe rw’amasomo
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO TONZI YAKORANYE NA INJILI BORA