Prosper Nkomezi yageze muri Israel

Imyidagaduro - 17/02/2026 8:21 AM
Share:

Umwanditsi:

 Prosper Nkomezi yageze muri Israel

Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yageze mu Mujyi wa Tel Aviv muri Israel aho agiye gutaramira abatuye icyo gihugu ku itariki ya 21 Gashyantare 2026.

Nkomezi wamamaye mu ndirimbo nka 'Ibasha gukora', 'Urarinzwe', yabwiye InyaRwanda, ko yageze muri iki gihugu kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Gashyantare 2026, mu rwego rwo kwitegura iki gitaramo cya mbere agiye kuhakorera.

Iki gitaramo kizibanda ku ndirimbo ze zizwi mu gihugu no hanze yacyo, zigamije gukomeza gushimisha no gukangurira abantu kwizera no kuramya Imana.

Prosper Nkomezi, umaze kumenyekana mu Rwanda no mu karere kubera ubuhanga bwe mu kuririmba indirimbo zifite ubutumwa bwiza, ateganya kugera ku bakunzi be mpuzamahanga binyuze muri iki gitaramo.

Urugendo rw’ibi bitaramo rugamije gusakaza ubutumwa bwiza n’indirimbo ze zifite ijwi ryihariye, bizafasha cyane mu gukomeza kumenyekanisha umuziki we hanze y’u Rwanda.

Iki gitaramo muri Israel kizaba kandi ari uburyo bwo gukomeza gufasha abantu gusabana n’Imana binyuze mu muziki, ndetse no guhuza abakunzi b’indirimbo zo kuramya baturutse mu bihugu bitandukanye.

Ku wa 11 Gashyantare 2026, Prosper Nkomezi, yahuye kandi agirana ibiganiro na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Amb. Einat Weiss, byibanze ku rugendo rw’ibi bitaramo muri Israel.

Mu Ukwakira 2025, Nkomezi yagaragaje imishinga ikomeye y’igihe kizaza izamufasha kugera ku rwego rushya mu rugendo rwe rw’umuziki.

Mu byo ateganya harimo kubaka ‘Studio’ ye bwite, gufatira amashusho y’indirimbo ze ibizwi nka “Live Recording” mu ntangiriro za 2026, ndetse no gukora igitaramo gikomeye mu mpeshyi ya 2026 kizaba ari icy’umwihariko cyo kumurika Album ye nshya yise “Warandamiye.”

Tel Aviv, aho Prosper Nkomezi azataramira ni umwe mu mijyi izwi cyane muri Israel, ukaba uherereye ku nkengero z’inyanja ya Mediterane.

Umujyi uzwiho ubuzima bw’imyidagaduro, ibitaramo, Hoteli nziza, ‘beaches’, n’ahantu nyaburanga, bikakurura ba mukerarugendo n’abakunzi b’umuco.

Tel Aviv ni icyicaro cy’ubuhanzi, amasoko y’imyambaro n’ibiribwa bitandukanye, ndetse n’ubucuruzi bwagutse. Ni ahantu kandi h’ingenzi ku bahanzi n’abaririmbyi bifuza kumenyekana ku rwego mpuzamahanga, aho ibitaramo bihora bitabirwa n’abantu benshi.

Abatuye Tel Aviv bakunze kwizihiza umuziki n’imyidagaduro, bigatuma umujyi uba ahantu heza ho gutaramira no gusakaza ubutumwa bwiza binyuze mu muziki.



Prosper Nkomezi yageze muri Israel, yiteguye gukorera abakunzi be igitaramo cyo kuramya

Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya, Prosper Nkomezi, yitegura gutaramira abatuye Israel ku itariki 21 Gashyantare 2026

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'NTAJYA ABESHYA' YA PROSPER NKOMEZI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...