Ni
nyuma y’igihe cyari gishize atanga ibitekerezo kuri politiki no kunenga
ibitagenda mu gihugu, ariko ataratinyuka kubivugira ku mugaragaro nk’uko
yabigenje ubu.
Pallaso
yifatanyije na Bobi Wine kuri uyu wa Mbere tariki 29 Nzeri 2025 mu ruzinduko rw’ishyaka
rye NUP mu karere ka Busoga, rwari rugamije gusobanurira abaturage imigabo
n’imigambi y’ishyaka.
Bobi
Wine yavuze ko kwinjira kwa Pallaso ari inyungu ikomeye ku ishyaka rye. Ati “Ndamushimira kuba yahagaze yemye akavuga. Nabanje kubona ubutumwa yanditse
ku mbuga nkoranyambaga, mbusangiza bagenzi banjye. Uretse kuba umuhanzi,
kwinjira kwe ni intambwe ikomeye ku rugendo rwacu.”
Mbere
yo kwakirwa mu ishyaka, Pallaso yari yanditse ubutumwa bwinshi kuri konti ye ya
X (Twitter), agaragaza impamvu zatumye ahitamo kwinjira muri NUP.
Yatangaje
ko igihugu gikeneye impinduka zihutirwa, avuga ati “Uganda ikeneye impinduka
vuba na bwangu. Ubuzima bw’abaturage, ejo hazaza h’urubyiruko n’iterambere
ry’igihugu byose bishingiye ku mpinduka za politiki. Ni yo mpamvu mfatanyije na
NUP, kuko iki gihugu cyacu gikeneye ejo heza. Igihe cyo guhindura ibintu ni
none, si ejo.”
Mu
butumwa bwe, Pallaso yagarutse ku bibazo bikomeye byugarije abaturage, birimo: Ikiguzi
cy’ubuvuzi kiri hejuru, imihanda yangiritse, n’uburezi bufatwa nk’igisumba-byose
aho buri wese atabasha kubugeraho.
Yanavuze
ku rubyiruko rudafite ejo hazaza rwinshi, ruhitamo gushakira akazi hanze aho
gusigara rukorera igihugu cyarwo.
Uyu
muhanzi yanakomoje ku nganda n’ubuhanzi bidafite ubushobozi bitewe n’imisoro ihanitse
no kurya amafaranga y’abahanzi ku bitaramo by’amatelefoni (caller tunes), ibyo
byose bikaba bituma abahanzi basigara mu bukene.
Pallaso
ntiyazuyaje no kuvuga ku bibazo by’ubutabera, yibutsa ko urupfu rwa murumuna we
AK47 rukiri amayobera, ndetse n’urupfu rw’umuhanzi Moses Radio rwibagiranye.
Ati
“Tugomba guhagarika kwica abana mu izina ry’amahoro. Buri munsi ubuzima
bw’urubyiruko burahatikirira, nta butabera. Urupfu rwa AK47 ntirwigeze
rusobanuka, Radio yarapfuye, aribagirana. Abicanyi baragenda batembera,
barinzwe n’abanyapolitiki.”
Pallaso has meets HE Bobi wine and swore to him that he
has his full support and NUP his party has his full
support.
🇺🇬 (@Ntalebrian22)
September
29, 2025
Am full ready to be remembered for something for my
nation. Pallaso. pic.twitter.com/VgKD4hNvlr
Pallaso
yinjiye mu ishyaka rya Bobi Wine, ashimangira ko igihe kigeze ngo Uganda
ihinduke
Mu
butumwa bwe, Pallaso yagaragaje ikibazo cy’ubuvuzi buhenze, imihanda mibi
n’urubyiruko rudafite amahirwe
Tugomba
guhagarika kwica abana mu izina ry’amahoro – Pallaso yibutsa ko urupfu rwa
murumuna we AK47 rutarabonerwa ubutabera
Bobi
Wine yashimye intambwe ya Pallaso, avuga ko kwinjira kwe muri NUP ari inyungu
ikomeye ku ishyaka