Nkusi Lynda yambitswe impeta n’umukunzi we mu birori byabereye i Rwamagana –AMAFOTO

Imyidagaduro - 11/10/2025 6:30 PM
Share:

Umwanditsi:

 Nkusi Lynda yambitswe impeta n’umukunzi we mu birori byabereye i Rwamagana –AMAFOTO

Nkusi Lynda uzwi cyane muri sinema nyarwanda nka Lynda Priya yambitswe impeta n’umukunzi we Irenge Christian mu birori by’urukundo byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025, mu mujyo w’urukundo n’ibyishimo byiganjemo abavandimwe n’inshuti za hafi.

Nkusi Lynda yabwiye InyaRwanda ko ibi birori byabereye kuri Muhazi mu Karere ka Rwamagana, ho mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Amashusho n’amafoto byagiye hanze bigaragaza uburyo Lynda Priya yishimye ubwo Irenge Christian yamusabaga kumubera umugore, undi agahita amwemerera mu buryo bwihariye, mu mwanya wuzuye urukundo n’amarangamutima.

Nyuma yo kwambikana impeta, Lynda Priya yagaragaje ko ari kimwe mu bihe bikomeye mu buzima bwe, avuga ko ari “intangiriro y’urugendo rushya rufite icyerekezo cy’umunezero n’urukundo nyakuri.”

Mu butumwa bwe, Christian yavuze ko yifuza ko umunsi umwe Lynda yabasha kumva nk’uko we amwumva, kugira ngo amenye uburyo amukunda, amwitaho kandi amukumbura. Yagize ati: “Urukundo ngufitiye ntirusobanurwa. Kuva umunsi wa mbere nakubonye muri Werurwe sinigeze mpagarika gutekereza kuri wowe.”

Yongeyeho ko uwo munsi umwe gusa wamuhagije kugira ngo agwe mu rukundo, ndetse ko buri munsi rutera ruba rwinshi kurushaho.

Yarangije agira ati “Ntibishoboka kubaho ntari kumwe nawe. Ntegereje umunsi nzakubera umugabo, ntegereje kukwibutsa buri gitondo ko ngukunda. Urukundo rwawe ni impano idasanzwe, kandi byose byatangiye ku munsi umwe muri Werurwe.”

Aba bombi bavuga ko ubukwe bwabo buzaba mu mwaka wa 2026, aho bitegura gukora ibirori bizahuza inshuti, imiryango n’abakunzi ba sinema nyarwanda n’umuco.

Lynda Priya ni umwe mu bakobwa bamaze kubaka izina muri sinema nyarwanda, azwi mu mafilime atandukanye harimo ‘Love and Drama’ n’izindi, mu gihe Irenge Christian ari umusore umaze igihe akora mu bijyanye n’imishinga y’urubyiruko n’imiyoborere.

Inshuti n’abakunzi ba Lynda bamwifurije ishya n’ihirwe mu rugendo rushya rw’urukundo n’ubuzima bwo gushyingirwa.

Irenge Christian yashinze ivi asaba Lynda Priya kumubera umugore


 Lynda Priya yaranzwe n’ibyishimo ubwo umukunzi we yamwambikaga impeta mu ijoro ritazibagirana


Bombi bavuga ko bazakora ubukwe mu 2026 nyuma y’indi mihango izahuza imiryango



Ibyishimo byigaragaje ku maso ya Lynda Priya ubwo yemereraga Irenge Christian ko azamubera umugore


Lynda Priya n’uwamuhisemo Christian batangiye urugendo rwo kubaka urugo






Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...