Ibi yabigarutseho nyuma y’umukino wa 1/8 w’igikombe
cy’Isi cya 2026 batsinzwemo na Argentine ibitego 3-2 ndetse bahita banasererwa.
Imisifurire y’uyu mukino ntabwo yavuzweho rumwe.
Rutahizamu wa Misiri, Mostafa Zico, wasohotse mu
kibuga arira amarira menshi, yavuze ko
umusifuzi Francois Letexier yababereye imbogamizi kuva umukino utangiye,
anavuga ko yizera ko uwo mukino wari warateguwe.
Yagize ati: "Umusifuzi ntiyatubaniye neza.
Yadukoreye akarengane kuva umukino utangiye. Byagaragaraga ko adashaka ko
dutsinza. Uyu mukino wari warateguwe."
Zico yavuze ibi nyuma y'uko igitego yari yatsinze
cyanzwe na VAR kubera ikosa ryavuzwe ko ryabaye mbere y'uko igitego kivuka,
icyemezo Abanyamisiri benshi batemeranyije na cyo.
Si ibyo gusa kandi, kuko Misiri yanasabye penariti
nyuma y'uko Mohamed Salah agushijwe mu rubuga rw'amahina, ariko umusifuzi
ntiyayitanze. Nyuma y'ako kanya ni bwo Enzo Fernandez yatsindiye Argentine
igitego cy'intsinzi mu minota y'inyongera.
Icyo cyemezo cyarakaje cyane abari ku ntebe
y'abatoza ba Misiri, aho umwe mu bagize abatoza yanahawe ikarita itukura.
Nubwo Zico yari yafashije Misiri kugera ku bitego
bibiri ubwo yatsindaga igitego cya kabiri ku munota wa 67, Argentine yaje
kwigaranzura umukino itsinda ibitego bitatu byatsinzwe na Cristian Romero,
Lionel Messi ndetse na Enzo Fernandez.
Zico yanze guha Argentine ishimwe ry'intsinzi, avuga
ko iyo iza gutsinda ku bushobozi bwayo bwonyine, bari kubyemera.
Umutoza wa Misiri Hossam Hassan na we ntiyahishe
amarangamutima mu kiganiro n'abanyamakuru, aho yavuze ko batabonye ubutabera mu
misifurire.
Yagize ati: "Ntabwo twabonye ubutabera cyangwa
kubahiriza amahame ya siporo. Birasa nk'aho habaye igitutu cyashyizwe ku
musifuzi kugira ngo ibintu bigende uko byagenze."
Yakomeje avuga ko atemera uko umukino wagenze,
anongeraho ko, mu bitekerezo bye, irushanwa risa n'iryateguriwe Argentine.


Mostafa Zico yagaragaje kutishimira imisifurire mu buryo bukomeye
