Misiri yagaragaje ko Argentine yateguriwe gutwara igikombe cy’Isi cya 2026

FIFA - Igikombe cy'Isi 2026 - 08/07/2026 7:37 AM
Share:

Umwanditsi:

 Misiri yagaragaje ko Argentine yateguriwe gutwara igikombe cy’Isi cya 2026

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Misiri, Hossam Hassan yagaragaje ko Argentine yateguriwe gutwara igikombe cy’Isi cya 2026 bityo ko atumva impamvu bemereye andi makipe kujya guhatana.

Ibi yabigarutseho nyuma y’umukino wa 1/8 w’igikombe cy’Isi cya 2026 batsinzwemo na Argentine ibitego 3-2 ndetse bahita banasererwa. Imisifurire y’uyu mukino ntabwo yavuzweho rumwe.

Rutahizamu wa Misiri, Mostafa Zico, wasohotse mu kibuga arira amarira menshi, yavuze ko umusifuzi Francois Letexier yababereye imbogamizi kuva umukino utangiye, anavuga ko yizera ko uwo mukino wari warateguwe.

Yagize ati: "Umusifuzi ntiyatubaniye neza. Yadukoreye akarengane kuva umukino utangiye. Byagaragaraga ko adashaka ko dutsinza. Uyu mukino wari warateguwe."

Zico yavuze ibi nyuma y'uko igitego yari yatsinze cyanzwe na VAR kubera ikosa ryavuzwe ko ryabaye mbere y'uko igitego kivuka, icyemezo Abanyamisiri benshi batemeranyije na cyo.

Si ibyo gusa kandi, kuko Misiri yanasabye penariti nyuma y'uko Mohamed Salah agushijwe mu rubuga rw'amahina, ariko umusifuzi ntiyayitanze. Nyuma y'ako kanya ni bwo Enzo Fernandez yatsindiye Argentine igitego cy'intsinzi mu minota y'inyongera.

Icyo cyemezo cyarakaje cyane abari ku ntebe y'abatoza ba Misiri, aho umwe mu bagize abatoza yanahawe ikarita itukura.

Nubwo Zico yari yafashije Misiri kugera ku bitego bibiri ubwo yatsindaga igitego cya kabiri ku munota wa 67, Argentine yaje kwigaranzura umukino itsinda ibitego bitatu byatsinzwe na Cristian Romero, Lionel Messi ndetse na Enzo Fernandez.

Zico yanze guha Argentine ishimwe ry'intsinzi, avuga ko iyo iza gutsinda ku bushobozi bwayo bwonyine, bari kubyemera. Ati: "Iyo baza gutsinda ku mbaraga zabo gusa, twari kubyakira ukundi."

Umutoza wa Misiri Hossam Hassan na we ntiyahishe amarangamutima mu kiganiro n'abanyamakuru, aho yavuze ko batabonye ubutabera mu misifurire.

Yagize ati: "Ntabwo twabonye ubutabera cyangwa kubahiriza amahame ya siporo. Birasa nk'aho habaye igitutu cyashyizwe ku musifuzi kugira ngo ibintu bigende uko byagenze."

Yakomeje avuga ko atemera uko umukino wagenze, anongeraho ko, mu bitekerezo bye, irushanwa risa n'iryateguriwe Argentine. Ati: "Niba bashaka ko Argentine itwara Igikombe cy'Isi, kuki batumira andi makipe ngo aze gukina?".

Misiri yagaragaje ko umusifuzi atabasifuriye neza

Mostafa Zico yagaragaje kutishimira imisifurire mu buryo bukomeye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...