Litiro ya Lisansi mu Rwanda yiyongereyeho 635 Frw

Amakuru ku Rwanda - 17/04/2026 5:46 AM
Share:

Umwanditsi:

 Litiro ya Lisansi mu Rwanda yiyongereyeho 635 Frw

Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, aho litiro ya lisansi yageze kuri 2,938 Frw ivuye kuri 2303 Frw, ibisobanuye ko yiyongereyeho 635 Frw.

Ni ibikubiye mu itangazo RURA yashyize hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mata 2026 binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

Iri tangazo rigira riti: ”Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruramenyesha Abaturarwanda bose ko guhera ku wa 17 Mata 2026, saa kumi n'ebyiri za mu gitondo (6:00), ibiciro ntarengwa by'ibikomoka kuri peteroli, habariwemo n'umusoro ku nyongeragaciro (VAT), bivuguruwe mu buryo bukurikira:

  • Lisansi ntigomba kurenga Amafaranga y'u Rwanda 2,938 kuri Litiro.
  • Mazutu ntigomba kurenga Amafaranga y'u Rwanda 2,205 kuri Litiro.”

Yavuze ko ibi biciro byashyizweho hashingiwe ku mpinduka ziri ku isoko mpuzamahanga ryibikomoka kuri peteroli ndetse n'ingamba Leta y'u Rwanda yafashe mu guhangana n'ingaruka z'izo mpinduka zigenda ziyongera ku isoko mpuzamahanga.

RURA yavuze ko kubera ingamba zafashwe zigamije guhangana n'ingaruka zaterwa n'izo mpinduka, igiciro cya mazutu kitahindutse, mu rwego rwo gukomeza kunganira ingendo rusange z'abantu n'ubwikorezi bw'ibintu, ndetse n'ibikorwa by'ubukungu muri rusange.

Abaturarwanda basabwe  guteganya neza ingendo zabo, gukoresha cyane cyane imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, cyangwa gusangira imodoka (carpooling), no kwirinda ingendo zitari ngombwa hagamijwe kugabanya ikoreshwa ry ibikomoka kuri peteroli.

RURA yavuze ko izakomeza gukurikiranira hafi impinduka ziri ku masoko y'ibikomoka kuri peteroli ku rwego mpuzamahanga no mu karere, kugenzura itangwa rya serivisi zinoze no kugeza ibikomoka kuri peteroli mu gihugu hose.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...