Uyu
muhanzi uzwi cyane nka “Baddo”, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Korty EO,
aho yasobanuye ko ibyo biterwa n’ibihe bikomeye yagiye anyuramo mu bihe
byashize ari mu bitaramo.
Olamide
yavuze ko hari igihe yagiye agerwaho n’abantu atiteguye ari ku rubyiniro, bamwe
bakamwambura ibintu yambaye nko gufata urunigi/shenete cyangwa ingofero, ibintu
yavuze ko byamushyize mu bwoba bukomeye.
Yagize
ati: “Nihutira kugira ubwoba buri gihe iyo ngiye kujya ku rubyiniro. Nahuye
n’ibintu byinshi bidasanzwe nkiri kuririmba. Hari igihe umuntu ahita aza
akagutungura, agafata urunigi rwawe cyangwa ingofero, ntumenye icyo akurikiye.”
Uyu
muraperi yavuze ko ibyo bihe byamusize afite impungenge ku buryo buri gitaramo
cyose aba atazi neza uko kiri bugende, bigatuma ahora yiteguye ibishobora kuba
byose.
Nubwo
bimeze bityo, Olamide akomeje kuba umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika, aho
ibitaramo bye bikomeje kwitabirwa ku bwinshi, n’ubwo inyuma y’ibyo byose aba
afite igitutu n’ubwoba bidakunze kugaragara ku maso y’abafana.
Olamide
ni umwe mu bahanzi bubatse izina rikomeye mu muziki wa Afurika, abikesha
impano, umurava n’uburyo yihariye bwo gukora indirimbo zifata imitima ya
benshi.
Olamide
Gbenga Adedeji yavukiye i Lagos muri Nigeria, aho yatangiye kugaragaza impano
ye akiri muto.
Yakuze
akunda cyane umuziki wa Hip Hop wo mu muhanda (street hip hop), ibintu byaje
kumugira umwe mu bahanzi bafite umwihariko wo kuririmba mu rurimi rwa Yoruba,
bituma yigarurira abakunzi benshi mu gihugu cye no hanze yacyo.
Yatangiye
kumenyekana cyane mu 2011, ubwo yasohoraga album ye ya mbere yise “Rapsodi”,
yamufashije kwinjira ku isoko ry’umuziki ku mugaragaro.
Nyuma
y’iyo album, Olamide yakomeje gushyira hanze izindi nyinshi zakunzwe cyane
zirimo “YBNL”, “Baddest Guy Ever Liveth” n’izindi, zamuhesheje kuba umwe mu
bahanzi bayoboye umuziki wa Nigeria mu gihe kirenga imyaka icumi.
Mu
2012, yashinze inzu ifasha abahanzi yise YBNL Nation, yabaye urubuga rwo
kuzamura impano nshya. Iyi label yafashije abahanzi benshi kugera ku rwego
mpuzamahanga barimo Fireboy DML na Asake, ubu bari mu bagezweho muri Afurika.
Kimwe
mu byatumye Olamide aramba ku isoko ni uko yamenye guhuza injyana zitandukanye
zirimo Afrobeat, Hip Hop na ‘Street vibes’, akazishyira mu ndirimbo zoroshye
kumva ariko zikora ku buzima bwa buri munsi bw’abaturage.
Indirimbo
ze nyinshi zagiye zifasha urubyiruko kwiyumva mu muziki, kuko akunze kuririmba
ku buzima bwo hasi, intambara zo kwiyubaka n’intsinzi iva mu kwihangana.
Mu
rugendo rwe, Olamide yagiye atsindira ibihembo byinshi by’imbere mu gihugu no
ku rwego mpuzamahanga, anitabira ibitaramo bikomeye byitabirwa n’imbaga
y’abafana.
Yabaye
kandi umwe mu bahanzi bake bo muri Nigeria bashoboye kugumana igikundiro mu
gihe kirekire, ibintu bitorohera benshi mu muziki.
Uretse
kuba umuhanzi, Olamide azwi cyane nk’umuntu ufasha abandi kuzamuka. YBNL Nation
yabaye nk’ishuri ry’umuziki ryavuyemo abahanzi benshi bageze kure, bituma izina
rye ridahagarara ku ndirimbo ze gusa, ahubwo rikiyongera no ku ruhare rwe mu
guteza imbere umuziki wa Nigeria.
Kugeza
ubu, Olamide akomeje kuba ku rwego rwo hejuru, akorana n’abahanzi bakomeye
ndetse agakomeza gushyira hanze indirimbo zikundwa cyane.

Nubwo
akunze kugaragara nk’ufite icyizere ku rubyiniro, Olamide yatangaje ko buri
gihe ajya gutaramira abafana afite ubwoba, bitewe n’ibi bihe bikomeye yanyuzemo
birimo no kwibasirwa n’abantu batunguranye bamwambura ku rubyiniro
