Ku rugo rwa Rihanna harasiwe amasasu 7

Imyidagaduro - 09/03/2026 7:07 AM
Share:

Umwanditsi:

 Ku rugo rwa Rihanna harasiwe amasasu 7

Urugo rw’umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi, Rihanna, ruri mu gace ka Beverly Hills muri Leta ya California muri Amerika, rwarasiweho amasasu menshi ku Cyumweru, bituma Polisi ihita itabara ndetse ifata umuntu ukekwaho kubigizemo uruhare.

Nk’uko Polisi ya Los Angeles ibitangaza, abapolisi batabajwe ahagana saa saba n’iminota 21 ku isaha yo muri Amerika (1:21 PM), nyuma y’uko humvikanye urusaku rw’amasasu yarasiwe ku rugo rw’uyu muhanzikazi ruri mu gace ka Beverly Hills Post Office.

Amakuru yatangajwe n’abashinzwe umutekano avuga ko umugore uri mu kigero cy’imyaka 30 ari we ukekwaho kurasa. Uyu mugore bivugwa ko yari mu modoka yo mu bwoko bwa Tesla yera, aho yahagaze imbere y’urugo rwa Rihanna maze akarasa amasasu menshi agana mu rugo rw’uyu muhanzikazi mbere yo guhita atoroka.

Polisi ivuga ko nibura amasasu arindwi ari yo yarashwe, ndetse irimwe muri yo rikaba ryarinjiye mu rukuta rw’inzu. Abashinzwe umutekano basanze kandi hari imyobo y’amasasu ku irembo ry’urugo ndetse no ku modoka ya RV yari iparitse mu gikari.

Nubwo amasasu yarashwe ari menshi, nta muntu wakomeretse muri icyo gikorwa. Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Los Angeles Times avuga ko Rihanna yari mu rugo ubwo ibi byabaga, ariko ko nta wagize ikibazo cy’ubuzima.

Nyuma y’iminota igera kuri 30 gusa abapolisi batangiye gushakisha uwari urashe, indege ya kajugujugu ya polisi yabonye imodoka ye mu gace ka Sherman Oaks, aho yari iparitse muri ‘parking’ y’ahacururizwa ibintu. Uwo mugore yahise afatwa arafungwa.

Mu gushakisha imodoka ye, polisi yasanze harimo imbunda yo mu bwoko bwa ‘assault rifle’ ndetse n’amasasu yarashwe arindwi, bikekwa ko ari yo yakoreshejwe muri icyo gikorwa. Kugeza ubu, umwirondoro w’uyu mugore nturatangazwa.

Rihanna atuye muri iyi nzu iri mu gace ka Beverly Hills hamwe n’umukunzi we umuraperi ASAP Rocky, bafitanye abana batatu barimo umuhungu witwa RZA wavutse muri Gicurasi 2022, Riot wavutse muri Kanama 2023 ndetse n’umukobwa wavutse mu mezi make ashize.

Si ubwa mbere urugo rwa Rihanna rugize ikibazo cy’umutekano. Mu 2018, umugabo witwa Eduardo Leon yinjiye mu nzu ye iri mu gace ka Hollywood Hills amaramo amasaha agera kuri 12. Nyuma yaje kwemera icyaha cyo gukurikirana (stalking) uyu muhanzikazi.

Rihanna, amazina ye nyakuri akaba Robyn Rihanna Fenty, yavukiye mu birwa bya Barbados. Yatangiye kwamamara mu muziki mu myaka ya 2000 abikesha indirimbo zirimo “Pon de Replay” na “Umbrella”.

Uretse umuziki, Rihanna ni umwe mu bagore b’ibyamamare bafite ubucuruzi bukomeye ku Isi, aho afite ibigo birimo Fenty Beauty ndetse na Savage X Fenty. Ikinyamakuru Forbes kivuga ko umutungo we urenga miliyari imwe y’amadolari ya Amerika.

Polisi ikomeje iperereza kugira ngo hamenyekane impamvu yatumye uyu mugore arasa ku rugo rw’iki cyamamare cyo ku rwego mpuzamahanga.

Amasasu arindwi yarashwe ku rugo rw’umuhanzikazi Rihanna ruri i Beverly Hills muri California, aho umugore uri mu kigero cy’imyaka 30 yarashe ari mu modoka mbere yo guhita atoroka


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...