Umuyobozi
Mukuru wa Global Citizen, Hugh Evans, yashimangiye ko John Legend ari umwe mu
bantu bagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’uyu muryango kuva kera, aho
yatangiye kuwufasha kuva mu 2011, awushyigikira mu bikorwa byo gukusanya
inkunga no gukoresha impano ye mu gukangurira Isi impinduka nziza.
Mu
butumwa bwe, Evans yagaragaje ko kuba John Legend yinjiye mu Nama y’Ubutegetsi
ari imbaraga nshya zitezweho kuzamura ibikorwa by’uyu muryango, cyane cyane mu
bijyanye no guteza imbere uburezi, ubuzima n’imibereho y’abatishoboye.
Ati: “Ni ishema rikomeye kuba John Legend ari umwe mu bagize Inama y’Ubutegetsi ya
Global Citizen. Ni umuntu wahoranye umuhate wo guteza imbere impinduka nziza,
kuva ku ntangiriro kugeza n’uyu munsi.”
Mu
mwaka wa 2025, uyu muhanzi yageze i Kigali aho yataramiye abakunzi b’umuziki mu
gitaramo cya Move Afrika, cyahurije hamwe imyidagaduro n’ubukangurambaga
bugamije guteza imbere Afurika no gukemura ibibazo biyibangamiye.
Kwinjira
kwa John Legend muri uru rwego rw’ubuyobozi bwa Global Citizen bigaragaza neza
icyerekezo cye kirenze umuziki, aho akomeje kwifashisha izina n’ijwi bye mu
guharanira Isi irangwa n’uburinganire n’imibereho myiza kuri bose ibintu
bikomeje gutuma aba umwe mu bahanzi bafite ijambo rikomeye ku rwego
mpuzamahanga.
John
Legend yatangiye kwamamara cyane mu 2004 asohora album ye ya mbere “Get
Lifted”, yahise imushyira mu bahanzi bakomeye muri R&B.
Mu
rugendo rwe amaze kwegukana ibihembo 13 bya Grammy, ndetse afite indirimbo
zakunzwe cyane zirimo “All of Me” ndetse na “Like I'm Going to Lose You”
yakoranye na Meghan Trainor.

John
Legend yinjiye mu buyobozi bwa Global Citizen, umuryango utegura Move Afrika
imaze kumenyerwa i Kigali. Aha ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru wa Global Citizen,
Hugh Evans

