Ibi
yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Graham Bensinger, aho yagarutse ku buryo
yakuze afite inzozi zo gushaka akiri muto, ariko ubuzima bukaza kumwereka indi
sura itari iyo yari yiteze.
Uyu
muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo “Don’t Wanna Go Home”, yavuze ko mu bihe
bitandukanye yakundanye n’abakobwa benshi yumvaga bazabana ubuziraherezo, ariko
ntibigende uko yabitekerezaga.
Yagize
ati: “Natekerezaga ko nzarongora benshi mu bakobwa nakundanye na bo. Ntabwo
nigeze ntekereza ko nzageza ku myaka 37 nkiri ingaragu. Ntabwo byigeze biza mu
bitekerezo byanjye na rimwe.”
Derulo
yavuze ko impamvu nyamukuru yatumye ahindura uko abona urushako ari ibyo yagiye
abona mu buzima bwe, birimo n’ibibazo bikomeye byagiye bibaho hagati
y’abashakanye n’abakundana.
Ati:
“Nabonye byinshi cyane. Hari ibyo nabonye byagutangaza; abagore bashatse bava
ku bagabo babo bari kumwe mu tubari, ibintu byinshi byerekana ko urukundo
rutari uko abantu barutekereza.”
Ibi
ngo byatumye atangira kugira ubwoba bwo kwiyemeza urushako, kuko yasanze hari
byinshi bishobora gutuma urukundo rutagenda neza nubwo mwaba mwarabanje mukundana
cyane.
Mu
mateka y’urukundo rwe, Jason Derulo yigeze gukundana n’umuhanzikazi Jordin
Sparks mu gihe cy’imyaka itatu, baza gutandukana muri Nzeri 2014.
Nyuma
yaho, mu 2021, yabyaranye umwana w’umuhungu n’umukunzi we wahoze ari
umunyamideli, Jena Frumes. Icyakora, urukundo rwabo ntirwamaze igihe kinini
kuko batandukanye hashize amezi atanu gusa babyaranye.
Nubwo
atari mu rukundo ruhamye kuri ubu, Jason Derulo agaragaza ko ubuzima
bwamwigishije byinshi ku rukundo n’urushako, ndetse ko ubu abifata mu buryo
butandukanye n’uko yabitekerezaga akiri muto.

