Umunyarwenya
Alex Muhangi, utegura ibitaramo bya Comedy Store, yatangaje ko iki gitaramo
kizaba ku wa 30 Ukwakira 2026 i Kampala, aho kizongera guhuza umwe mu bahanzi
bafite izina rikomeye mu Rwanda, Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, hamwe
n’icyamamare cyo muri Tanzania Diamond Platnumz.
Mu
mizo ya mbere, iki gitaramo cyari giteganyijwe ku wa 5 Kamena 2026, ariko
gisubikwa bitewe n’ingamba zo gukumira ikwirakwira rya Ebola muri Uganda. Kuba
cyongeye gushyirwaho itariki bishimangira icyizere cy’abategura ndetse
n’abakunzi b’umuziki bari bamaze igihe bagitegereje.
N’ubwo
The Ben na Diamond ari bo bazaba bakurura amaso ya benshi, iki gitaramo kizaba
ari urubuga rwagutse ruhuriyemo imyidagaduro inyuranye.
Ku
ruhande rw’umuziki, abazacyitabira bazasusurutswa n’abahanzi barimo Rema
Namakula, Sheebah Karungi, Spice Diana, Karole Kasita, Fik Fameica, Gloria
Bugie, Laika n’abandi bafite amazina akomeye muri Uganda.
Ku
ruhande rw’urwenya, hazaba harimo ibyamamare nka Teacher Mpamire, umaze
kumenyerwa n’abanyarwanda binyuze mu bitaramo bya Gen-Z Comedy, Dr Hillary,
Salvado, MC Mariachi n’abandi benshi.
Ibi
bituma iki gitaramo kitaba icy’abakunda umuziki gusa, ahubwo kikaba n’umunsi
uzahuza abakunzi b’urwenya n’imyidagaduro muri rusange.
The
Ben na Diamond Platnumz si ubwa mbere bagiye guhurira ku rubyiniro. Aba bahanzi
bamaze imyaka bagaragaza ubufatanye bwiza, bwakomotse ku ndirimbo yabo
"Why", yabaye imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane mu karere.
Iyi
ndirimbo ntiyabaye ubufatanye busanzwe, ahubwo yabaye ikimenyetso cy’uko
umuziki ushobora kurenga imipaka, ugahuza abahanzi baturuka mu bihugu
bitandukanye. Kugeza n’ubu, "Why" ikomeje kuba imwe mu ndirimbo buri
wese akunze kumva cyangwa akabona iririmbwa mu bitaramo bya The Ben na Diamond.
Mu
myaka ishize, aba bahanzi bagiye bahurira ku rubyiniro inshuro zitandukanye mu
Rwanda, muri Uganda ndetse no mu bindi bihugu byo mu karere.
Kimwe
mu bitaramo byavuzwe cyane ni Coffee Marathon UG yabaye ku wa 25 Gicurasi 2025
muri Uganda, aho bari kumwe n’ibindi byamamare birimo Eddy Kenzo na Bebe Cool.
Uko
bagenda bahurira mu bitaramo bitandukanye ni nako barushaho kwerekana ko
ubufatanye hagati yabo burenze gukorana indirimbo imwe gusa, ahubwo ko ari
umubano ukomeje guteza imbere umuziki wo muri Afurika y’Iburasirazuba.
The
Ben ni umwe mu bahanzi bagejeje umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.
Yamenyekanye cyane guhera mu mpera z’umwaka wa 2008, abikesha indirimbo zirimo
"Amahirwe Ya Nyuma", nyuma akomeza kwagura umuziki we binyuze mu
bihangano byakunzwe nka "Habibi", "Vazi" ndetse na
"Why" yakoranye na Diamond.
Kwimukira
muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntibyabaye iherezo ry’urugendo rwe, ahubwo
byamuhaye amahirwe yo gukomeza gukora umuziki ugera ku isoko mpuzamahanga.
Uyu
munsi, The Ben akomeje kuba umwe mu bahanzi bafite igikundiro gikomeye haba mu
Rwanda no mu mahanga, aho ibitaramo akora bikomeza kwitabirwa ku rwego rwo
hejuru.
Ku
ruhande rwa Diamond Platnumz, amateka ye agaragaza urugendo rw’umuhanzi wavanye
umuziki wa Bongo Flava ku rwego rwo ku gihugu cye awugeza ku rwego
mpuzamahanga.
Yatangiye
kumenyekana cyane binyuze mu ndirimbo "Number One", nyuma akurikiraho
izindi zakunzwe zirimo "Jeje", "Waah!", "Inama"
n’izindi nyinshi.
Usibye
umuziki, Diamond yubatse inzu itunganya umuziki ya Wasafi, yafashije kuzamura
impano nyinshi muri Tanzania, ndetse akomeza kuba umwe mu bahanzi bake bo muri
Afurika bashobora kuzuza ibitaramo bikomeye imbere no hanze y’umugabane.
Kongera
guhuza The Ben na Diamond Platnumz ku rubyiniro ni kimwe mu bintu abakunzi
b’umuziki bategereje cyane muri uyu mwaka.
Usibye
kuba ari amahirwe yo kongera kumva "Why" n’izindi ndirimbo z’aba
bahanzi, iki gitaramo kizongera kugaragaza uburyo ubufatanye hagati y’abahanzi
bo mu Rwanda, Tanzania na Uganda bukomeje guteza imbere umuziki wo muri Afurika
y’Iburasirazuba.

Igitaramo cya The Ben na Diamond kizabera i Kampala muri Uganda, ku wa 30 Ukwakira 2026


Abahanzi barimo The Ben na Diamond bagiye guhurira mu gitaramo cy'urwenya cya Comedy Store
