Igikombe cy’Isi 2026: U Bwongereza bwasezereye Congo bwerekeza muri 1/8

FIFA - Igikombe cy'Isi 2026 - 01/07/2026 6:27 PM
Share:

Umwanditsi:

 Igikombe cy’Isi 2026: U Bwongereza bwasezereye Congo bwerekeza muri 1/8

Ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yasezereye iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yerekeza muri 1/8 cy’igikombe cy’Isi cya 2026 kirimo kirabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico.

Uyu mukino wa 1/16 wakinwe kuri uyu wa Gatatu saa Kumi n'ebyiri kuri Mercedes Benz muri Amerika. Umukino watangiye amakipe yombi akina yigana ariko ku munota wa 7 gusa Congo ihita itungura u Bwongereza ifungura amazamu ku gitego cya Brian Kibambe Cipengq ahawe umupira na Chancel Mbemba.

Nyuma yo gufungura amazamu, ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntabwo yahise ijya kugarira ahubwo yakomeje gukina isatira. Guhera mu minota 20 u Bwongereza bwatangiye kwiharira umukino ari na ko busatira cyane. 

Ku munota wa 29 hazamuwe umupira mwiza Jude Bellingham ashyiraho umutwe gusa umunyezamu wa Congo ,Nzau Mpasi aratabara. Hari aho Marcus Rashford yarekuye ishoti ryashoboraga kuvamo igitego cyo kwishyura ariko risanga myugariro wa Congo ahagaze mu izamu arikuramo.

Ku munota wa 40 Congo nayo ariko yarase uburyo buremereye ku mupira wari uhawe Yoane Wisa ari imbere y’izamu ariko arekuye ishoti rikubita igiti cy’izamu. Mbere y’uko igice cya mbere kirangira umunyezamu wa Congo yongeye kuyitabara ku buryo burimo n’ishoti ryari rirekuwe na Harry Kane.

No mu gice cya kabiri u Bwongereza bwaje bukina neza bushaka uko bwishyura ariko umunyezamu wa Congo akomeza kuba ibamba.

Iyi kipe y’igihugu yaje no gukora impinduka mu kibuga havamo Noni Madueke na Marcus Rashford hajyamo Bukayo Saka na Antony Gordon gusa ibintu bikomeza kwanga.

Ku munota wa 74 u Bwongereza bwaje kwishyura ku gitego cya Harry Kane akoresheje umutwe ku mupira yahawe na Antony Gordon. Ku munota wa 86 Harry Kane yatsinze igitego cya kabiri ahawe umupira na Antony Gordon na none.

Umukino warangiye u Bwongereza butsinze Congo ibitego 2-1 buhita bwerekeza muri 1/8 aho buzahura na Mexico tariki ya 6 z’uku kwezi.

Harry Kane watabaye u Bwongereza yishimira ibitego yatsinze 

Ubwo Congo yishimiraga igitego yatsinze 

U Bwongereza bwerekeje muri 1/8



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...