Kuri uyu wa Gatanu saa Kumi n'Ebyiri muri Stade Amahoro ni bwo ikipe ya APR FC iri bwakire FC Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League. Ni nyuma y’uko umukino ubanza warangiye iyi kipe yo muri Congo itsinze APR FC 1-0.
Ejo ku wa Gatandatu saa Kumi n'Ebyiri, Rayon Sports izakira Panthère Sportive du Ndé yo muri Cameroun mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup.Ni nyuma y’uko umukino ubanza warangiye amakipe yombi anganya 1-1.
Mbere y’uko iyi mikino iba, Haruna Niyonzima yasabye Abanyarwanda gushyigikira aya makipe. Abinyujije ku rubuga rwa Instagram yanditse ati: ”Nifurije amahirwe masa amakipe ahagarariye u Rwanda mu marushanwa ya CAF (CAF Champions League na CAF Confederation Cup); APR FC na Rayon Sports. Banyarwanda, muze twuzure Amahoro Stadium, tuyashyigikire. Iri ni ishema ryacu”.
Haruna yakiniye aya makipe yombi mbere yo kujya gukina hanze y’u Rwanda ndetse na nyuma yo kuvayo anyura muri Rayon Sports by’igihe gito. Yakiniye kandi ikipe y'Igihugu "Amavubi" mu gihe cy'imyaka 17 ndetse anayibera Kapiteni igihe kinini.

Haruna Niyonzima yakiniye amakipe arimo Rayon Sports aho yigeze kwakirwa nk'Umwami

Haruna Niyonzima yakiniye amakipe arimo APR FC aho yari umwataka uryana cyane

Haruna Niyonzima yasabye Abanyarwanda kuzura Stade Amahoro bagashyigikira Rayon Sports na APR FC Mu mikino Nyafurika
