Abakora uru rutonde bavuze ko umutungo wa Beckham n’umugore we Victoria Beckham ugeze kuri miliyari 1.185 z’amapawundi (£).
Ibyo byabashyize ku mwanya wa kabiri mu bantu bakora siporo bafite umutungo munini, inyuma y’umuryango wa Bernie Ecclestone wahoze ayobora Formula 1, ufite umutungo ubarirwa kuri miliyari 2 z’amapawundi.
Umunya-Ireland ya ruguru Rory McIlroy ari ku mwanya wa karindwi n’umutungo wa miliyoni 325 z’amapawundi, nyuma y’uko uwo mukinnyi wa golf w’imyaka 37 yegukanye Masters inshuro ebyiri zikurikiranya.
Hagati aho, Jim Ratcliffe, umwe mu bafatanyabikorwa ba Manchester United, yavuye ku mwanya wa karindwi ajya ku wa cyenda ku rutonde rusange rw’abakire mu Bwongereza, nyuma y’uko umutungo we ugabanutseho miliyari 1.85 z’amapawundi ukagera kuri miliyari 15.194.
Beckham wahoze akinira Manchester United ubu ni umwe mu banyamigabane b’ikipe yo muri Amerika Inter Miami CF, ifatwa nk’ikipe ifite agaciro kanini muri Major League Soccer, aho ifite agaciro ka miliyari 1.45 z’amadolari ya Amerika (£1.07bn).
Uyu mugabo w’imyaka 51, wahawe izina rya “Sir” mu Ugushyingo(11), ni na ambasaderi w’ibirango by’amasosiyete nka Adidas na Hugo Boss.
Umutungo wa Victoria Beckham ahanini wakomotse ku ruganda rwe rw’imideli, nyuma yo kwamamara bwa mbere nk’umwe mu bagize itsinda ry’abahanzikazi rya Spice Girls.
