CAF yabitangaje mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri ibinyujije ku rubuga rwayo.
Yavuze ko Akanama k’Ubujurire kasanze Sénégal yararenze ku ngingo ya 82 n’iya 84 z’amategeko agenga AFCON, zivuga ko ikipe isohotse mu kibuga cyangwa yanze gukina itabiherewe uburenganzira n’umusifuzi ifatwa nk’itsinzwe, ndetse igahita ihanishwa gutsindwa ibitego 3-0.
Yavuze ko yahise ifata icyemezo cyo gutesha agaciro intsinzi ya Sénégal, iyihanisha gutsindwa ibitego 3-0, maze Morocco ihita yegukana igikombe ku mugaragaro.
Umukino wa nyuma w’iki gikombe cya Afurika cta 2025 wabaye tariki ya 18 Mutarama 2025 ukaba wararangiye Senegal itsinze 1-0 ihabwa igikombe.
Uyu mukino ariko wabayemo impaka zikomeye kugeza aho abakinnyi ba Senegal bavuye mu kibuga umukino urahagarara.
By’umwihariko, ku munota wa nyuma w’umukino, Morocco yahawe penaliti itaravuzweho rumwe, bituma abakinnyi ba Sénégal bafata icyemezo cyo gusohoka mu kibuga mu rwego rwo kugaragaza kutishimira icyemezo cy’umusifuzi.
Nyuma y’iminota igera kuri 17 y’akajagari, bongeye kugaruka mu kibuga umukino urakomeza.
Penariti yatewe na Brahim Díaz arayirata ariko Sénégal iza gutsinda igitego cy’intsinzi mu minota y’inyongera cyatsinzwe na Pape Gueye.
Nubwo byasaga n’aho Sénégal yegukanye igikombe, CAF yaje kwakira ubujurire bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Maroc (FRMF) none yasanze bwemewe kandi bufite ishingiro.

Senegal yambuwe igikombe cya Afurika cya 2025

Morocco yahawe igikombe cya Afurika cya 2025
