Bashobora kuba boroshye kurusha abari bahari - Pierre wa APR FC ku bakinnyi bashya ba Rayon Sports (VIDEO)

Imikino - 09/01/2026 7:39 AM
Share:

Umwanditsi:

 Bashobora kuba boroshye kurusha abari bahari - Pierre wa APR FC ku bakinnyi bashya ba Rayon Sports (VIDEO)

Umunyezamu w’ikipe ya APR FC, Ishimwe Pierre, yagaragaje ko badatewe ubwoba n’abakinnyi bashya ba Rayon Sports ndetse ko ushobora no gusanga bari hasi kurusha abari basanzwe bahari.

Ku wa Gatandatu, ikipe y’Ingabo z’igihugu izacakirana Rayon Sports ku mukino w’igikombe kiruta ibindi mu Rwanda wa Super Cup 2025. Ejo, yakoze imyitozo ibanziriza iya nyuma aho itangazamakuru n’abafana bari bemerewe kuyikurikira.

Kapiteni wayo, Niyomugabo Claude abajijwe niba babizi ko Rayon Sports hari abakinnyi bashya yasinyishije, yavuze ko atajya akurikirana iby’abandi ndetse ko nta bwoba bafite.

Ati: ”Uko mubivuga nyine ni uko tubibona ntabwo njya nkurikirana iby’abandi, njyewe ndeba akazi kanjye kuvuga ngo dufite ubwoba, ubwoba bwo ntabwo turiteguye kugira ngo tubone intsinzi yo ku wa Gatandatu”. 

Yavuze ko bazajya mu kibuga bashaka intsinzi batitaye ku bitego bazatsinda. Ati: ”Tugiye gushaka intsinzi hariya, Imana nibiduha ntabwo twabyanga, icya mbere ni intsinzi tugiye gushaka n'iyo byaba bibiri cyangwa kimwe nta kibazo”.

Umunyezamu wa APR FC, Ishimwe Pierre yavuze ko umukino bawiteguye neza. Ati: ”Umukino tuwiteguye neza, nta bakinnyi dufite bafite imvune tumeze neza muri rusange cyane ko imikino ntabwo iba ingana, uyu mukino ni wo ukomeye mpamya ko tuzatsinda kuko turiteguye neza cyane”.

Abajijwe ku bakinnyi bashya ba Rayon Sports, yavuze ko batabazi ndetse ko ushobora no gusanga bari hasi kurusha abasanzwe. Ati: ”Ntabwo tubizi, twe twubaha izina Rayon, ntabwo tuzi abakinnyi bahari. Yego ni byo twarababonye baraje nta n'uwamenya bashobora kuba boroshye kurusha abari bahari.

Twebwe tuzaba tugiye gukina na Rayon Sports ntabwo twitaye ku by’abakinnyi. Twebwe 11 bazabanzamo nibo tuzubaha, ibyabaye bya Super Cup ya 2023 ibyo ni amateka twebwe iyo duhanze amaso ni iyi y’uyu mwaka”. 

Yakomeje agira ati: ”Twebwe turashaka gutsinda ni nka finali kandi finali iratsindwa ntabwo ikinwa, tugiye kwita ku mukino. Rayon Sports ntabwo ari ikipe ntoya gusa twemera ko turenze kubarusha twebwe tuzaza dushaka gushyiramo imbaraga. Umukino uheruka twarabatsinze ariko ibyo ni amateka twebwe turimo turareba imbere”.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...