Abafite inkwi barya ibihiye! Ni muntu iki Lugumi umucuruzi w’imbunda wazonzwe n’uburanga bw'abakobwa b’i Kigali?

Imyidagaduro - 28/04/2026 1:01 PM
Share:

Umwanditsi:

 Abafite inkwi barya ibihiye! Ni muntu iki Lugumi umucuruzi w’imbunda wazonzwe n’uburanga bw'abakobwa b’i Kigali?

Muri Tanzania kuvuga Lugumi Saidi humvikana 'umujejetafaranga' wakijijwe n'ikoranabuhanga n'ubucuruzi bw’imbunda. Uyu mugabo w’imyaka 53 akomeje kugaruka mu matwi ya buri munyarwanda bitewe n'uko ari kuvugwa cyane mu nkundo n'abakobwa n’abagore b'uburanga basanzwe bazwi cyane mu myidagaduro. Ariko se ubundi ni muntu iki? Afite abagore bangahe, yisanze ate i Nyarugenge?

Izina Lugumi Saidi rimaze kuba ikimenyabose mu itangazamakuru ry’imyidagaduro mu Rwanda, ariko inyuma y’amafoto meza n’imitoma ku mbuga nkoranyambaga, hari amateka y’ubuzima akomeye, ishoramari ririmo ibibazo n’umutima w’ubugiraneza utangaje. Uyu mugabo agira akazina gatangaje aho bamwe bagira bati ni umuherwe wihishe cyangwa utigaragaza cyane (secret billionaire).

Itangiriro ry’ubuzima bwe: Kuva ku gucuruza inkweto kugeza kuri za miliyari

Lugumi yavukiye mu gace ka Magu i Mwanza muri Tanzania mu mwaka wa 1972. Nubwo ubu atigisa kano karere k’Afurika y’Iburasirazuba, amateka ye ntabwo ari ay’umwana wavukanye ikiyiko cya zahabu mu kanwa.

Lugumi uri mu bantu bakize kurusha abandi mu Karere ka Afrika y'Uburasirazuba nk'uko bitangazwa na African Torch, yavukiye mu muryango w’abakirisitu ariko nyuma aza guhindura idini ayoboka Isilamu, ari na ho yakuye izina Hamadi.

Mu myaka ya 1990, Lugumi yari umusore utunzwe no gucuruza inkweto mu mihanda y’i Mwanza. Kubera inyota y’iterambere, yerekeje mu mujyi wa Dar es Salaam akomeza uwo mwuga mu gace ka Mwananyamala, ari na ho amahirwe ye yamwenyuriye imboni ze.

Inzira y’ubukungu n’ubushuti bukomeye

Amahirwe ya Lugumi yahindutse ubwo yahuraga akaza no gushakana n’umukobwa wa Said Mwema, waje kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi muri Tanzania (IGP). Iri sano rishya ryatumye ashinga isosiyete ya Lugumi Enterprises Limited mu 2011, yatangiye ikora ibyo gucapa (printing) n’ibyo gutera imiti yica ubugenekere (fumigation), nyuma ikaza kwaguka mu by’ikoranabuhanga (ICT) n’umutekano.

Uyu munyemari azwiho kugira ubushabitsi mu nzego zitandukanye, harimo n'isosiyete ya Tactical Defense Limited ivugwa mu bucuruzi bw'ibikoresho bya gisirikare n'imbunda.

Icyasha cya miliyoni 17 z’amadorali (Lugumi scandal)

Mu mwaka wa 2016, Lugumi yashyizwe mu majwi mu cyiswe "Lugumi Scandal". Isosiyete ye yari yatsindiye isoko rya miliyoni 17.3 z’amadorali ryo gushyira uburyo bwo gufata ibikumwe kuri sitasiyo za polisi 108.

Raporo z’ubugenzuzi zagaragaje ko Lugumi yishyuwe 99% by’amafaranga, ariko akaba yari yarashyizeho imashini 18 gusa, muri zo 8 gusa akaba ari zo zakoraga. Ibi byakuruye impaka zikomeye mu nteko ishinga amategeko ya Tanzania no mu nzego z’umutekano.

Ubuzima bw’urushako rw’uyu mushoramali  

Lugumi Saidi yubatse izina rikomeye muri Tanzania binyuze mu gushaka mu muryango ukomeye cyane mu butegetsi. Nk'uko twabikomojeho haruguru, Lugumi yashakanye n’umukobwa wa Said Mwema, wahoze ari Umuyobozi Mukuru wa Polisi muri Tanzania (Inspector General of Police - IGP) hagati ya 2006 na 2013.

Uyu mubano ni wo wafashije Lugumi kwinjira mu nzego z’ubutegetsi no kubona amasoko y’ubucuruzi bukomeye. Nubwo hari amakuru avuga ko batandukanye, uyu mugore ni we ufatawa nk'uwabaye imbaraga inyuma y'iterambere rye ry'amafaranga.

Lugumi ni umubyeyi w’abana batari bacye, nubwo imibare nyayo ayigira ibanga. 

Abana b’imfubyi (Umuryango Mugari): Usibye abana yibyariye we ubwe, Lugumi azwiho kuba yarubatse inzu z’igorofa zigera kuri esheshatu (6) muri Dar es Salaam, aho arera imfubyi zirenga 800. Aba bana bose babayeho mu mafaranga ye, babona ibyo kurya n'ishuri, bituma bamufata nk’umubyeyi wabo wa kabiri.

Abana yabyaye: Lugumi afite abana yabyaye mu muryango we wa mbere muri Tanzania, ariko mu rwego rwo kurinda umutekano wabo n’ubuzima bwite, amazina yabo n’imibare ntibikunze gushyirwa hanze mu buryo bweruye.

Umutima w'ubugiraneza: Se w'imfubyi zirenga 800

Nubwo izina rye rishobora kuvugwa mu bibazo by’ubucuruzi, Lugumi azwi cyane muri Tanzania nk’umuntu ufite umutima utabara. Mu mpera za 2024, yamuritse umushinga w’amazu agera ku munani ageretse kane (four-storey buildings) mu gace ka Mwananyamala.

Ni amazu yagenewe kurererwamo imfubyi n’abana batishoboye barenga 800. Yavuze ko "imfubyi ari igice cy’ingenzi mu muryango wacu" kandi ko zigomba guhabwa uburere n’aho kuba heza.

Lugumi n'Abanyarwandakazi: Miss Jolly Mutesi na Alliah Cool

Mu Rwanda, Lugumi yanditse amateka mu ntangiriro za 2025 ubwo yavugwaga mu rukundo na Miss Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda 2016. Icyo gihe Lugumi yakurikiraga (Follow) Jolly wenyine kuri Instagram, akanamutaka birenze urugero, nubwo uyu mukobwa yakomeje kubitera utwatsi.

Nyamara muri Mata 2026, ibintu byahinduye isura. Lugumi yagaragaje ko amaso y'umutima we yamaze kuyimurira kuri Alliah Cool, umukinnyi wa filime ukomeye mu Rwanda. Kugeza ubu, uretse konti y'ubucuruzi bwe, Lugumi akurikira kuri Instagram umuntu umwe rukumbi ari we Alliah Cool, ibintu bishimangira ko "uburanga bw'u Rwanda" ari bwo bukomeje kuyobora umutima w'uyu muherwe.

Lugumi Saidi yaryohewe cyane n'urukundo rw'abakobwa n'abagore bo mu Mujyi wa Kigali 

Umuherwe Lugumi Said akurikira Alliah Cool wenyine, mu gihe akurikirwa n'abarenga Miliyoni 8.8

Alliah Cool ari ku ibere kwa Lugumi, umuherwe ushobora kuba umukwe w'u Rwanda. Alliah Cool, ubu ni Umwamikazi w'umutima wa Lugumi nk'uko uyu mukire yabyihamirije 

Alliah Cool umwe mu bagore b'uburanga buhebuje muri Kigali aravugwa mu rukundo n'umujejetafaranga, Lugumi

"Uri mwiza pe!" - Ni ko Miss Jolly yabwiye umwe mu bakobwa bitabiriye Miss Rwanda aho yari umwe mu bakemurampaka. Aya magambo ashobora kuba nawe yarayabwiwe na Lugumi kuko mu 2016 yambitswe ikamba ry'umukobwa mwiza cyane mu Rwanda

Mu mwaka wa 2025, Miss Mutesi Jolly yavuzwe mu rukundo na Lugumi ariko uyu mukobwa yabiteye utwatsi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...