RFL
Kigali

Imirwano hagati ya Armenia na Azaribayijan, Turikiya n’Uburusiya ku ruhe ruhande? AMAFOTO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:7/10/2020 8:08
0


Intambara irasenya ntiyubaka, ubu hari kumvikana umwuka mubi hagati y’igihugu cya Armenia na Azaribayijan, nyuma y’iminsi igera kuri 5 bakozanyijemo abarwanyi 3 batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Siriya bahasiga ubuzima.



Nibura abarwanyi batatu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Siriya baguye mu mirwano yaberaga mu karere ka Nagorno-Karabakh, nk'uko ikinyamakuru The Guardian kibitangaza, aho cyemeza ko amakuru yavuzwe mbere y’uko abanyamahanga bagize uruhare mu ntambara yabaye hagati ya Arumeniya na Azaribayijan ku butaka bizongera ubwoba kandi ko bishobora kwiyongera mu buryo bwagutse mu makimbirane yo mu karere.


Turkiya yatangaje ko ishyigikiye byimazeyo Azerubayijani, mu gihe Uburusiya bufitanye umubano wa gisirikare na Arumeniya ariko bufite aho buhurira no kugurisha intwaro ku mpande zombi. Turukiya ihana imbibi na Arumeniya n'Uburusiya bihana imbibi na Azaribayijan.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Azaribayijan ivuga ko inshingano zose z’iki gihe ziri mu buyobozi bwa Arumeniya. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yagize icyo ivuga ku magambo yatangajwe n’abafatanyabikorwa ba Groupe ya OBS Minsk ku kibazo cyabereye i Nagorno-Karabakh.

Perezida wa Azaribayijan, Ilham Aliyev, mu ijambo rye mu kiganiro mpaka rusange cy’inama ya 75 y’Inteko rusange y’umuryango w’abibumbye, yihanangirije ko Arumeniya irimo kwitegura ubushotoranyi bushya bwa gisirikare kuri Azaribayijan. Bivugwa ko ubushotoranyi bwakozwe n’ubuyobozi bwa Arumeniya.


Imihanda yangiritse

Inyubako zashenyutse

Inyubako yangijwe



Src: Theguardian, the jam.

  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND