Exclusive: Nta muhanuzi iwabo, shampiyona yacu ibamo imibare, umunyamahanga udatoje APR cyangwa Rayon biramugora - Gatera Musa

Imikino - 05/10/2020 8:18 AM
Share:

Umwanditsi:

Exclusive: Nta muhanuzi iwabo, shampiyona yacu ibamo imibare, umunyamahanga udatoje APR cyangwa Rayon biramugora - Gatera Musa

Mu kiganiro kihariye twagiranye n'umutoza mushya wa Espoir FC, Gatera Musa yatubwiye imigabo n'imigambi ajyanye hakurya y'ishyamba, ndetse anadusangiza byinshi ku mupira w'amaguru amazemo iminsi.

Gatera Musa wazamuye ikipe ya Sunrise mu cyiciro cya mbere twamubajije ku buryo abona abatoza b'abanyarwanda bahagaze muri ibi bihe, atubwira ko icyizere bagirirwa kitaraba cyinshi. Yagize ati "Icya mbere reka nkubwire abatoza b'abanyarwanda barashoboye ni uko wenda bavuga ngo nta muhanuzi iwabo ariko ndakubwiza ukuri twe tubimenya iyo tugiye gutoza hanze."

Ku ruhande kandi rw'umupira w' amaguru muri rusange Gatera Musa avuga ko abona amakipe yakabaye akoresha abatoza b'abanyamahanga ari nka APR FC cyangwa Rayon Sports kuko ari zo zizi gutegura shampiyona neza ndetse n'uburyo bwo kuyitwara.

Gatera kandi watoje ikipe ya Gasogi United ndetse aaba yarabaye n'umutoza muri Rayon Sports, yadutangarije ko yiteguye kwitwara neza mu ikipe nshya agiye gutoza ya Espoir FC kuko ibyo yabasabye babyumvikanye harimo no gukoresha abakinnyi bakiri bato. Yasoje ikiganiro aha ubutumwa abakunzi b'umupira w'amaguru mu Rwanda ndetse n'abakunzi ba Espoir FC muri rusange.

IKIGANIRO KIRAMBUYE MU BURYO BW’AMASHUSHO KANDA HANO



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...