Abahanzi benshi iyo binjiye mu muziki usanga bahita bagira abakunzi batandukanye, gusa umuhanzi ukizamuka Daddy V we ku byiyumviro bye n'uko abaho nyuma yo kwinjira muri muzika yasanze nta mukunzi ubangikana no gukora muzika bimwe mu byamubayeho agafata umwanzuro.
Mu kiganiro na INYARWANDA.COM, uyu muhanzi yatangaje byinshi
n'uko abona umuziki Nyarwanda aho ugeze magingo aya, yitwa Muvunyi Jean Bosco
Victor agakoresha akazina ka (Daddy-v) mu ruhando rwa muzika. Yatangaje
ko kuva yatangira ubuhanzi bwo kuririmba amaze kugira indirimbo zigera ku 8.
Daddy
V yatangiye umuziki mu 2014 aho atacitse intege kugeza magingo aya. Mu ndirimbo
7 afite harimo; Umwamikazi, Iminsi, Baby boo, Mutima w’urugo, Damuyangu, Mfata,
Oriana yakoranye na Mc Tino ndetse na “Umuhemu” ariyo ndirimbo nshya aherutse
gusohora. Indirimbo ‘Mutima w’urugo’ yakunzwe mu birori bitandukanye cyane cyane
mu bukwe.
Mu
ndirimbo z’uyu muhanzi akenshi agaruka ku nkuru z’urukundo maze bamwe
bakagira ngo ni ibiba byaramubayeho, aha avuga ko akenshi ariko abantu babikeka
ariko we atekereza nk’umuhanzi, igitekerezo aririmbye gishobora guhura n'‘ibyiyumvo bya benshi .
KANDA HANO WUMVE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA DADDY V
TANGA IGITECYEREZO