RFL
Kigali

Elon Musk wungutse cyane mu gihe cya Covid-19 yatangaje ko we n’umuryango we batazafata urukingo/umuti wayo

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:29/09/2020 17:27
0


Magingo aya Elon Musk ni we mukire wa 4 muri Amerika akaba uwa 5 ku Isi. Ni inzobere akaba n’umushoramali mu bijyanye n’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorana (Artifiacial Intelligence) bigaragiye no kogaga isanzure. Kuri ubu yatangajeko ntacyo yicyeka we n’umuryango we bityo ko nta rukingo cyangwa umuti wa Covid-19 bazafata nibiboneka.



Elon Musk ni umwe mu bakire bakunze kugaragara batambutsa ibitekerezo byabo ntacyo bikanga ndetse akaba no mu batuye Isi bavuga ko ubwenge bw’ubukorana (Artifiacial Intelligence) bugiye kuzaruta ubw'abantu dore ko afite umushinga wo gukora agakoresho kazashyirwa mu bwonko bwa muntu. Ahamya ko aka gakoresho kazajya gafasha abatuye Isi kongererwa ubwenge bwabo binyuze mu mushinga yise 'Neuralink'.

Elon Musk ni nyiri Tesla yamamaye cyane kubera imodoka z'agatangaza ndetse na Space X imaze kuba ubukombe mu gukora ubucuruzi mu bijyanye no kujya mu isanzure.

Kuri iyi nshuro Bwana Elon Musk yatangaje ko we n’umuryango we batazigera bafata umuti cyangwa urukingo rwa Covid-19. Ibi yabitangaje ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru cyo muri Leta Zunze Ubumwe za America, 'New York Times' kuri uyu wa 28 Nzeri 2020. Ubwo yaganiraga n’umunyamakurukazi witwa Kara Swisher, Elon Musk yagize ati ”Ntabwo njye cyangwa abana banjye turi mu bafite ibyago byo kwandura Covid-19”.

N'ubwo uyu mugabo ari guhakana ko nta muti cyangwa urukingo rwa Covid-19 azafata. Ntabwo ari we wenyine watangaje ibi kuko abagera kuri 33% mu mpande z’Isi zitandukanye mu bakoreweho ubushakashatsi bwakozwe n’ikinyamakuru cya Ipsos, bavuze ko batazafata imiti cyangwa inkingo za Covid-19 n'ubwo zitaraboneka.

Ku rundi ruhande, abagera kuri 20% muri ubu bushakashatsi bwakozwe bavuga ko bashaka ko ibijyanye no gukora ubushakashatsi ku bijyanye nuko haboneka umuti/urukingo by’iki cyorezo byahagarikwa.

Magingo aya, muri Amerika abasaga 209,865 bamaze guhitanwa na Covid-19 ndetse abagera kuri 7,363,152 barwaye iyi ndwara, naho 4,610,995 barayikize.


Elon Musk n'umugore we w'umuhanzikazi Grimes uheruka kumubyara umwana w'umuhungu yise X

Mu ntangiriro z'igihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2020 ubwo Covid-19 yatangiraga gukara cyane uyu mushoramali nabwo yagaragaye arwanya gahunda yo kuguma mu rugo. Ubwo uyu munyamakuru yaganiraga na we, Elon Musk yongeye gushimangira ibi aho yavuze ko banze kumwumva ndetse ko nta mpamvu yo gushyira abantu bose mu kato ahubwo ko bakagomye kujya bajyanamo ufite ibimenyetso.  

Ku rundi ruhande, abatuye Isi bose amaso yaheze mu kirere aho bamwe baryamye bariyorosa ndetse bashyize icyizere cyo kurokoka mu bushobozi bw’inzobere mu bijyanye n’imiti. Kuri uyu munsi wa none inkingo zigera kuri 32 ziri gukorerwa amasuzuma yazo yanyuma aho bari kuyakorera ku bantu.

Src: businessinsider.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND