RFL
Kigali

England: Umugore yahanutse mu idirishya ry’imodoka ari gufata amashusho yo ku rubuga rwa Snapchat

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:21/09/2020 14:58
0


Polisi yo mu gihugu cy’u Bwongereza yatangaje ko mu cyumweru dusoje hari umugore wahanutse mu idirishya ry’imodoka iri kugenda ari gufata amashusho ku rubuga rwa Snapchat.



Mu gihugu cy'u Bwongereza haravugwa inkuru y’umugore wahanutse mu idirishya ry’imodoka igenda mu muhanda arimo gufata amashusho yo ku rubuga rwa Snapchat. Uyu mugore yabaye umunyamahirwe kuko nyuma yo guhanuka mu idirishya nta bikomere bikabije yagize nk'uko byatangajwe na Polisi.

Kuwa Gatandatu w’icyumweru dusoje ni bwo polisi yo mu gace ka Surrey mu Bwongereza ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter yatangaje aya makuru, aho yavuze ko uyu mugore (utatangajwe umwirondoro we) yahanutse mu idirishya ry’imodoka mu muhanda munini uzwi nka M25 ureshya na kilometero 188 mu Majyepfo y’umugi wa London.

Woman falls out of car window while taking Snapchat Video

Imodoka uyu mugore yari arimo

Polisi yakomeje ivuga ko ari amahirwe yagize kuba atakomeretse cyane cyangwa se ngo ahasige ubuzima. Uyu mugore yahise yitabwaho n’abaganga aho iyi mpanuka yabereye.

Mu bushakashatsi bwakozwe na Family Medecine and Primary Care mu mwaka 2011 na 2017 bwagaragaje ko abantu bagera kuri 259 ku isi yose bapfuye bari gufata amafoto azwi nka Selfie. Abashakashatsi bagaragaje ko mu gihugu cy’u Buhinde ariho hagaragaye imfu nyinshi z’abantu bapfuye bafata amafoto ya Selfie, hagakurikiraho Uburusiya, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Pakistan.

Ubu bushakashatsi bwakomeje bugaragaza ko umubare munini w’ababuze ubuzima bari abagabo aho bageraga kuri 72% kandi bari munsi y’imyaka 30 y’amavuko. Mu mwaka ushize mu Buhinde abantu bane bo mu muryango umwe baguye mu mugezi, nyuma yo kujyamo bari gufata amafoto ya Selfie.

Mu mwaka ushize nabwo, umugore w’imyaka 23 y’amavuko yasize ubuzima mu mpanuka y’imodoka, ubwo yanyuraga mu idirishya ry’imodoka nyuma yo kugenga asakuza cyane agira ati:”Urabeho Miami”. Akigera mu muhanda ni bwo yaje kugongwa n’imodoka yari inyuma y’iyo yari arimo.

 

Src: CNN & People

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND