Umugore ukekwaho kohereza ibaruwa irimo uburozi muri White House yari igenewe Perezida Donald Trump bikaza gutahurwa itaramugeraho yatawe muri yombi ku mupaka wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Nyuma y’uko inzego zishinzwe umutekano zitahuye ibahasha irimo
uburozi (ricin) busangwa mu mbuto z’ikibonobono, iyi bahasha ikaba yari
igenewe Perezida Donald Trump, amakuru avuga ko umugore ukekwaho kohereza iyi
bahasha yamaze gutabwa muri yombi.
Uyu mugore utatangajwe imyirondoro ye ukekwaho
kohereza iyi bahasha yatawe muri yombi ku mupaka wa Canada na Amerika n’abashinzwe
umutekano wo ku mupaka ubwo yageragezaga kwinjira muri Amerika avuye muri
Canada anyuze muri leta ya New York nk'uko byatangajwe n’urwego rushinjwe iyubahirizwa
rw’amategeko ku munsi w’ejo ku cyumweru.
Ubwo uyu mugore yatabwaga muri yombi n’abashinzwe
umutekano yasanganwe imbunda. Nyuma yo gutabwa muri yombi uyu mugore yahise
ajyanwa muri gereza. Abashinjacyaha bo muri leta ya Washington DC bavuga ko biteguye
kujyana uyu mugore mu nkiko kugira ngo akurikiranweho ibyaha akurikiranweho,
nyuma yo kohereza ibahasha irimo uburozi muri White House. Magingo aya nta mazina
y’uyu mugore arangazwa.
Iyi bahasha yari igenewe Perezida Donald Trump
yafashwe itarinjizwa muri White House nkuko byatangajwe n’urwego rushinzwe
iperereza muri leta zunze ubumwe za Amerika FBI (Federal Bureau of
Investigation) kuwa gatandatu w’icyumweru dusoje.
Iyi bahasha yarimo uburozi yatahuwe itaragezwa muri White House
Polisi yo muri Canada nyuma y’iperereza yafatanyaga na FBI yatangaje ko iyi bahasha yaje ikomotse muri Canada. Iyi bahasha yaje gutahurwa ubwo habanzaga kugenzurwa amabahasha yagombaga kohererezwa Perezida muri White House nkuko bisanzwe bikorwa.
Uyu mugore ukekwaho icyi cyaha amakuru
avuga ko atari ubwa mbere abikoze dore ko akekwaho nanone kohereza izindi bahasha
zirimo uburozi muri imwe mu magereza ndetse no nu biro bya polisi muri Texas.
Ubu burozi bwo mu bwoko bwa ricin busangwa mu mbuto z’ikibonobono
bugira ingaruka mbi cyane cyane ku bantu bakuru iyo buhumetswe, aho bushobora guhitana
umuntu mu masaha 36 kugeza kuri 72, gusa bugira ingaruka nke iyo buriwe (Ingested).
Iyi bahasha yari igenewe Perezida Donald Trump yatahuwe itaragera muri White House
Ubu burozi si ubwa mbere bukoreshejwe mu mabahasha
agenewe abayobozi ba leta zunze ubumwe za Amerika dore ko no mu mwaka 2014,
umukinnyikazi wa filime Shannon Richardson yari akurikiranweho icyaha cyo
kohereza amabahasha arimo ubu burozi yari agenewe uwahoze ari Perezida wa Amerika Barack Obama n’umuyobozi w’umujyi wa New York Bwana Michael
Bloomberg. Nyuma yo guhamwa n’iki cyaha uyu mukinnyikazi yaje gukatirwa igifungo
cy’imyaka 18 muri gereza.
Mu mwaka 2018 nabwo umugabo wasezerewe mu gisirikare
cya Amerika cyirwanira mu mazi, yatawe muri yombi ndetse yemera ko yohereje amabahasha
arimo ubu burozi yari agenewe Perezida Donald Trump ndetse na bamwe mu bagize
ubuyobozi bwe harimo n’umukuru wa FBI Bwana Christopher Wray.
Src: Sky News & Daily Mail
TANGA IGITECYEREZO