RFL
Kigali

Icyizere! Mu minsi 15 birashoboka ko hazagaragara Rayon Sports nshya?

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:15/09/2020 16:05
0


Abakunzi b'umupira w'amaguru mu Rwanda by'umwihariko abafana ba Rayon Sports, bicaye bahanze amaso i Remera ku cyicaro cya Minisiteri ya siporo kuko mu minsi micye biteganyijwe ko ibisubizo cy'ibibazo bya Rayon sports ariho bizava.



Mu gihe amakipe menshi akomeje kwiyubaka mu buryo butandukanye amwe agura abakinnyi andi ashaka abatoza bashya, ubu muri Rayon sports barajwe ishinga no gukemura ibibazo by'amadeni harimo n'ayari amaze imyaka isaga itanu.

Ku isonga babanje kuganira na Ivan Minnaert wari umuze iminsi yishyuza Rayon Sports asaga miliyoni 13 Frw ndetse ikibazo cye akaba yari yarakigejeje muri FERWAFA.

Perezida wa Rayon sports Munyakazi Sadate  mu biganiro yagiranye na Ivan Minnaert ku mugoriba wo kuri tariki 14 Nzeri 2020 akaba yemereye guha Ivan Minnaert igice cy'amafaranga Rayon sports imurimo hanyuma andi mafaranga asigaye akazayabwa mu cyumweru gitaha.


Ivan Minnaert  ikibazo cye kiri kugera ku musozo

Hari amakuru yavugaga ko mu byo Minnaert yumvikanye na Rayon sports harimo kuba umuyobozi wa tekenike, ariko mu kiganiro InyaRwanda yagiranye n'umuvugiza wa Rayon sports Nkurunziza Jean Paul akaba yabihakanye yivuye inyuma. 

Yagize ati "Ibyo ni ibinyoma byambaye ubusa ko uwo mwanya dufite umukozi wawo ari we Kayiranga Baptiste kandi amasezerano ye aracyabara tukanagira n'umutoza ndetse n'abamwungirije nizera ko ibiri mu masezerano ibyo bitarimo kuko icyatumaga tudahuza muracyizi."

Rayon Sports kandi yumvikanye na Thierry Hitimana wari uhagarariwe n'umunyamategeko Ntirushwa Ange Diogene  ko bagomba kubishyura amafaranga yose akurikira icyemezo cy'akanama ka FERWAFA gashinzwe imyitwarire, icyemezo cyasohotse tariki 2 Ugushyingo 2015 ariko nabyo ngo bikaba byabaye mu ibanga nk'uko umuvugizi wa Rayon Sports yakomeje abitubwira.


Thierry Hitimana wamaze kumvikana na Rayon Sports

Undi mugabo wari warareze Rayon Sports ayishyuza amafaranga ni Mbusa Kombi Billy na we urega Rayon Sports kuba yaramwirukanye binyuranyije n'amategeko mu 2014 akaba ayishyuza miliyoni 1.200 Frw. Nkurunziza yatubwiye ko iki cyibazo aricyo kigiye gukurikiraho kandi yizeye ko kitazatinda.

"Yego koko twemera ko Mbusa yadutoje kandi yatureze muri federayiso. Iyo rero umuntu yakureze uhita witegura urubanza natwe rero twiteguye urubanza. Turabizi ko Mbusa yadukoreye ariko icyo tugiye kureba, ni ukumenya koko niba ibyo aturega ari ko byagenze.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND