RFL
Kigali

Twaganiriye n'icyamamare muri Congo Cappuccino LBG avuga impamvu yahisemo The Ben bagakorana indirimbo “On Ne Sait Jamais”-VIDEO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:15/09/2020 14:11
0


Umuhanzi w’icyamamare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Cappuccino Lbg, nyuma yo gushyira hanze indirimbo ye nshya yise “On Ne Sait Jamais” yakoranye na The Ben. Yavuze ko nta wundi yari guhitamo mu Rwanda atabanje The Ben ukunzwe cyane n'ubwo ashimangira ko n’abandi bakunzwe.



On Ne Sait Jamais, ni indirimbo ibyinitse kandi iryoheye amatwi. Cappuccino Lbg, aganira na INYARWANDA yavuze ko akunda umuziki wo mu Rwanda kandi n’abahanzi baho abakora cyane arabazi. Cappuccino, ni umuhanzi ukomeye muri Congo no hanze yaho akemera ko umuziki wa Congo ari uwa cyera cyane uwugereranije n’uw'u Rwanda.


Umuhanzi Cappuccino Lbg na The Ben

Cappuccino Lbg, yabajijwe uko yahuye n’uyu muhanzi The Ben dore ko batari baziranye. Mu magambo ye ati: “The Ben ni umuhanzi mwiza kandi w’umuhanga, nashakaga gukorana indirimbo n’umuhanzi wo mu Rwanda, niko, abareberera inyungu zacu (Managers) ku mpande zombi baganiriye kuri icyo kintu cyo gukorana indirimbo birakunda.

Njyewe na The Ben twahuriye i Gisenyi turaganira, turakora amashusho yewe tujya na Kigali dore ko twakorewe indirimbo na Meddy Saleh. Ni uko byagenze, gusa nzakorana n’abandi bahanzi bo mu Rwanda ariko nabanje The Ben nk'umwe wanjemo bya hafi kandi w’umuhanga mu byo akora”.

Cappuccino Lbg annonce le clip de la chanson

Ku bijyane n'uko abona umuziki wa Congo n’u Rwanda, ashimangira ko hose umuziki uhagaze neza. Ati: "Congo ni igihugu cyakoze umukizi cyera cyane, dufite abanyabigwi muri muzika bazwi cyane muri Afurika, gusa Congo n’u Rwanda, umuziki urakomeye kugeza magingo aya, abahanzi barakora  kandi neza, ni ibyo kwishimira".

Polisi yateye utwatsi umuhanzi The Ben:VIDEO | celebz Magazine

The Ben umuhanzi ukunzwe mu Rwanda

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO “ON NE SAIT JAMAIS”YA CAPPUCCINOLBG NA THE BEN






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND