Umupolisi wo mu gihugu cya Kenya ahitwa Malava yituye hasi ahita apfa nyuma yo gukubita urushyi umugabo w’igikwerere.
Mbere y’uko
atangira gupakira ibikoresho bye, yagiye mu isantere ahahurira n’umugabo
amukubita inshyi uwakubiswe inshyi yahise yiruka, nyir'ukumukubita ahita
yikubita hasi araraba nk’uko byemezwa n’abaturage babonye uko byagenze.
Abaturage bahise
bajyana uyu mupolisi kwa muganga, bakimugezayo abaganga bo ku bitaro bya Malava
bababwira ko uyu mupolisi yashizemo umwuka.
Ishami rya
polisi ya Kenya rikora iperereza ku byaha ryahise ritangira iperereza kugira
ngo hamenyekane ikishe mugenzi wabo.
Umurambo wa
Madowo wajyanywe ku bitaro bya Kakamega gukorerwa isuzuma mbere y’uko
ushyingurwa.
Ntabwo haramenyekana
ikishe uyu mupolisi mu by’ukuri gusa ibitekerezo by’abantu ku mbuga
nkoranyambaga byinshi biravuga ko uyu mugabo wakubiswe ashobora kuba yari afite
imbaraga zidasanzwe.
Source:
Operanews
TANGA IGITECYEREZO