RFL
Kigali

Biratangaje! Umugabo yagiranye inama y’igitaraganya n’ihene ze zose afata ijambo aziseguraho

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:10/09/2020 15:19
0


Ni kenshi cyane abantu bakora utuntu tudasanzwe benshi bakabifata nk’ibitabaho ku muntu waba utekereza neza. Umugabo ukomoka mu gihugu cy’Afurika y’Epfo yatunguye abantu batari bake ubwo yakoreshaga inama y’igitaraganya ihene ze akazisaba imbabazi ukuntu zaraye zitabonye ubwatsi bwo kurya bityo zikaburara.



Ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho yerekana uyu mugabo ari mu nama n’ihene ze, aya mashusho akaba yasakajwe n'umugabo ukoresha urukuta rwa Twitter witwa Cherrol Ngobese, mu rukerera rwo ku wa Gatatu tariki 2 Nzeri 2020 nawe yashyize hanze aya mashusho yerekana uburyo uyu mugabo yayoboye Inama bya nyabyo atari bimwe byo gukabya.

Video shows man having a meeting with animals, SA in stitches

Umugabo yakoranye inama n'Ihene  ze

Mu nkuru y’ibinyamakuru bitandukanye birimo, Tuko,, Bavuga ko izi nyamaswa (Ihene yoroye) zitabiriye inama mu mutuzo zidasakuza, zabanguye amatwi zigiye kumva icyo umuyobozi wazo azibwira.Muri iyi nama uyu mugabo yaciye bugufi azisaba imbabazi ko yaziraje ubusa kubera gutaha amasaha yo kujya kwahira ubwatsi yarangiye, azizeza ko mu gihe gito zibasha kubona ibyo zirya byihuse.

Mu magambo ye yagize ati” “Ubu turi mu nama.Nabahamagaye muri iyi nama rero kugira ngo mbamenyeshe ko ntarabona ubwatsi bwanyu. Ejo nageze mu rugo nkererewe sinabasha kujya kugura ubwatsi murya.Ubu rero  ngiye muri Stanger (agace ko mu majyaruguru y’umujyi wa Durban) ndebe ko nabagurira ubwatsi.Ndakeka munyumvise mwese”.

Abantu benshi bemeza ko uyu mugabo ari umuhanga kubona abasha kuvugana n’inyamaswa yaba afite impano yihariye.

Src:tuko,UGC,Ghgossip.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND