RFL
Kigali

Umunyamideli ukomeye ku Isi Charly Jordan yasabye imbabazi z'uko yitwaye mu Rwanda ubwo yashyirwaga mu kato

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:10/09/2020 11:29
0


Mu gihe Isi yugarijwe n’icyorezo cya Covid-19 kiri kwibasira ubuzima bwa benshi, bamwe bagapfa, abandi bakaremba n'ubwo abenshi bayikira, u Rwanda rwafashe iya mbere ko umuntu wese winjiye mu gihugu agomba gupimwa agashyirwa mu kato, ibyabaye ku Munyamidelikazi w’icyamamare ku Isi, Charly Jordan maze agashyirwa mu kato mu buryo atishimiye.



Charly Jordan, ni icyamamare muri TikTok akaba no mu bayikoresha cyane kuko aba mu itsinda rya “Tik Tok ClubHouse”. Ni umunyamideli ukomeye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ukurikirwa n'abarenga Miliyoni 3.3 kuri Instagram. Kuri ubu yasabye imbabazi z'uko yitwaye mu Rwanda akijujutira Guverinoma y'u Rwanda nyuma yo gushyirwa mu kato k’iminsi 4 ubwo yakandagiraga ku butaka bw’u Rwanda aje mu bukerarugendo.

135 best Charly Jordan images on Pholder | Charly Jordan, Goddesses and  Pretty Girls

Uyu munyamideli w’imyaka 21 y’amavuko, Tariki 5 Nzeli 2020 ni bwo yagiye ku rubuga rwa Tik Tok yerekana amarangamutima ye arira avuga ko yanduye Covid-19, ashimangira ko ava iwabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari muzima na cyane ko ngo yari yipimishije inshuro nyinshi ariko yagera mu Rwanda agasanga yanduye Covid-19, agashyirwa mu kato k'iminsi 4.

Tuharutse ku cyari cyamuzanye mu Rwanda, Charly Jordan yari yaje mu Rwanda ari kumwe n’itsinda rishinzwe kubungabunga ingagi. Muri ibyo bikorwa yavuze ko we n'inshuti ze bambaraga agapfukamunwa neza, bakurikiza ingamba zo kwirinda, kandi bakurikiza ingamba z'umutekano nyuma yo kugera mu Rwanda. Akimara kugera mu Rwanda, bakamusangamo Covid-19, bahise bamushyira mu kato.

Nyuma y’iminsi 4 barongeye baramupima basanga nta Covid -19 afite, bamubwira ko habayeho kwibeshya, ibintu atishimiye na gato ari nayo mpamvu yatangaje amagambo atari meza na mba aho yari yijunditse bikomeye u Rwanda. Kuri Instagram ye, Charly Jordan avuga ko nta kintu na kimwe yakunze icyo gihe haba abantu, ibiryo yahabwaga n’ibindi. Kuri ubu ariko yamaze gusaba imbabazi z'ibyo yatangaje n'uko yitwaye ari mu Rwanda.

Last week Jordan shared this Instagram post in Rwanda telling her 3.2million Instagram followers about her trip

Amashusho yari yashyize kuri Tik Tok yaje kuyavanaho atangaza ko yuzuyemo amarangamutima menshi kandi nta muntu ashaka kubabaza. Avuga ko yicuza kuba yarakoze ingendo mu bihe bibi by'icyorezo cya Covid-19, bityo ko atazongera gukora amakosa nk'ayo. Abantu bakoreshwa Twitter bamwibasiye bamubwira ko ari we wakoze amakosa yo gukora ingendo mu bihe bitemewe.

Apology: Jordan shared this post on her Instagram and Twitter on Monday saying she 'learned her lesson' and shouldn't have traveled in the midst of a pandemic

Yasobanuye impamvu Video ya Tik Tok yayikuyeho

Mu nkuru ya Daily Mail ho, uyu munyamiderikazi akomeza avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yamukuye mu bandi maze imushyira mu kato kandi atabasha kubaho muri ubwo buryo, akemeza ko byari biteye ubwoba kuba wenyine.

Dress 1 : CharlyJordan

Charly Jordan umwe mu banyamideli bakomeye ku Isi

So Hot : CharlyJordan
Charly Jordan Height, Net Worth, Age, Who, Facts, Biography, Wiki | TG TIME

Charly Jordan yasabye imbabazi z'uko yitwaye ubwo yashyirwaga mu kato mu Rwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND