RFL
Kigali

Pakistan: Umukiristu yakatiwe igihano cy’urupfu azira guharabika idini ya Islam

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:9/09/2020 11:30
0


Urukiko rwo mu mujyi wa Lahore rwakatiye umugabo w’umukiristu igihano cy’urupfu azira koherereza umukoresha we ubutumwa buharabika idini ya Islam nyuma y’uko umukoresha we amusabye ko yahindura idini asengeramo akajya muri Islam.



Kuwa Kabiri w’iki cyumweru Asif Pervaiz w’imyaka 37 y’amavuko yakatiwe igihano cy’urupfu mu rukiko rukuru rwo mu mujyi wa Lahore mu murwa mukuru wa Pakistan, nyuma y’imyaka 7 yari amaze muri gereza azira guharabika idini ya Islam.

Uyu mugabo mu rukiko yahakanye ibyaha byose yashinjwaga gusa yavuze ko nyuma yo gusezera mu kazi ke yakoreraga mu ruganda, uwahoze ari umukoresha we Bwana Muhammad Saeed Khokher yagerageje kumwumvisha ko agomba guhindura idini asengeramo akanjira mu idini ya Islam.

Asif mu kwiregura kwe yakomeje avuga ko ubwo yangaga icyifuzo uyu mukoresha we yamusabaga cyo guhindura imyemerere ye, nyuma nibwo yahise ashinjwa koherereza umukoresha we ubutumwa buharabika idini ya Islam.

Umwuganizi mu mategeko wa Asif, Bwana Saif -ul-Malook yatangarije Al Jazeera ko uyu washinjaga umukiriya we yahoze amukoresha mu ruganda koko. Saif yakomeje avuga ko umukiriya we atemera ibyaha byose ashinjwa kandi ko umukoresha we yagerageje kumwumvisha ko agomba guhindura imyemerere ye maze akinjira mu idini ya Islam.

Court
Abashinzwe umutekano barindaga aho uru rubanza rwaberaga

Uyu wahoze ari umukoresha wa Asif yahakanye ko yigeze guhatira umukozi we kwinjira muri Islam nkuko umwunganizi we mu mategeko Bwana Ghulam Mustafa Chaudhry yabitangarije Al Jazeera. Bwana Mustafa yagize ati:”Ibi nibyo yagize urwitwazo nyuma y’uko abuze ingingo imurengera. Iyi niyo mpamvu yashinjaga umukiriya wanjye ko yagerageje kumuhatira guhindura imyemerere ye”.

Chaudhry yabwiye urukiko ko muri uru ruganda Asif yakoragamo harimo abandi bakozi b’abakiristu kandi nta numwe wigeze ashinja Saeed kumuhatira guhindura imyemerere ye ngo ajye mu idini ya Islam.

Nyuma y’uru rubanza imyanzuro y’urukiko yavuze ko Asif agomba kumara imyaka 3 muri gereza, ndetse akishyura n’izahabu y’amarupe 50,000 akoreshwa muri Pakistani ni hafi ibihumbi Magana atatu by’amafaranga y’u Rwanda (300,000 Frw) kubera icyaha cyo kohereza ubutumwa buharabika kuri telefone ye. Urukiko kandi rwategetse ko Asif azicwa amanitswe nyuma yo kurangiza igihano cye muri gereza.

Icyaha cyo guharabika idini ya Islam ni kimwe mu byaha bihanishwa igihano cy’urupfu muri Pakistan. Muri Nyakanga uyu mwaka umugabo ufite ubwenegihugu bw’Amerika na Pakistani yarasiwe mu rukiko aho yari akurikiranweho ibyaha bijyanye no guharabika intuma y’Imana Muhammad (Imana imuhe amahoro n’imigisha) mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umugi wa Peshawar.

Muri iki gihugu habarurwa abantu bagera kuri 80 bafunze bazira ibyaha bijyanye no guharabika Islam, aho kimwe cya kabiri cyaho bakatiwe gufungwa burundu cyangwa igihano cy’urupfu nkuko byatangajwe muri raporo yasohowe muri Mata uyu mwaka n’umurwango w’Abanyamerika uharanira ubwisanzure mpuzamahanga mu madini.

Muri uku kwezi turimo, komisiyo ishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Pakistan yatangaje ko polisi yo muri icyi gihugu yataye muri yombi abantu bagera kuri 40 aho bose bari bakurikiranweho ibyaha byo guharabika ibijyanye n’imyemerere mu kwezi dusoje.

Src:The Sun & Al Jazeera

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND