Umuraperi Kanye West muri raporo yasohowe yagaragaje ko amaze gukoresha hafi miliyoni $6 muri gahunda ze zo kwiyamamariza kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu matora azaba mu Ugushyingo uyu mwaka wa 2020.
Amakuru avuga ko muri gahunda ze zo
kwiyamamaza yatangiye muri Nyakanga, Kanye West amaze gukoresha hafi Miliyoni esheshatu z’amadolari y'Amerika ($6), ni ukuvuga agera kuri Miliyari 5.8 Frw mu mafaranga y’u Rwanda.
Nk'uko byatangajwe n’ikinyamaku Politico muri raporo ya
Komisiyo y’amatora yagaragaje ko miliyoni $6.8 arizo zakusanyijwe mu
ntangiriro nk’ingengo y’imari izakoreshwa mu bikorwa bya Kanye West mu kwiyamamariza kuba Perezida wa Amerika, ubu akaba
amaze gukoresha agera kuri miliyoni $5.9 kuva yatangira gahunda ze kwiyamamaza muri
Nyakanga kugera kuwa 30 Kanama.
Muri iyi raporo igaragaza ko uyu mugabo yakiriye agera
ku bihumbi cumi na kimwe by’amadolari ($11,000) yaturutse mu baterankunga be. Muri
izi miliyoni $5.9 harimo agera kuri miliyoni $4.4 yakoreshejwe mu bikorwa bitandukanye
byo kwiyamamaza muri leta zitandukanye ndetse na miliyoni $1.2 yishyuye abajyanama
be.
Hari kandi ibindi bihumbi Magana ane na mirongo ine na
bine by’amadorali ($444,000) yishyuye ikigo gishinzwe iby'amatora ndetse n’ibihumbi
mirongo icyenda na bitanu ($95,000) yishyuwe kampani y’indege yakoreshaga mu
ngendo ze.
Kanye West amaze gukoresha hafi miliyoni $6 mu bikorwa bye byo kwiyamamaza
Kuwa 4 Nyakanga ni bwo Kanye West yatangaje ko aziyamamaza
mu matora ya Perezida azaba uyu mwaka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ntibyatinze, kuwa
19 Nyakanga yatangiye gahunda ze zo kwiyamamaza muri South Carolina aho ku
munsi wa mbere, yabaye umutwe w’inkuru mu binyamakuru bitandukanye
ku isi ubwo mu mbwirwaruhame ye ya mbere yavuze ibijyanye n’ubuzima bwe bwite
aho yavuze uko we n’umugore we Kim Kardashian bagerageje gukuramo inda y’umwana
wabo.
Muri Nyakanga ni bwo Kanye West yatangiye kwiyamamaza
Kanye West ni umwe mu byamamare bitunze agatubutse ndetse
no ku rutonde rwasohowe n’ikinyamakuru Forbes Magazine uyu mwaka, uyu mugabo yaje
ku mu byamamare ku Isi byinjije amafaranga menshi aho yinjije agera kuri miliyoni $170 z’amadolari.
Magingo aya, umutungo wa Kanye West ubarirwa agera kuri Miliyari imwe na Miliyoni Magana atatu z’amadolari ($1.3 B).
Src: Busines Insider
TANGA IGITECYEREZO